KNC yasabye RIB kwerekana ’ibisambo’ muri ruhago y’u Rwanda
Perezida wa Gasogi United, Kakoza Nkuliza Charles (KNC), mu mujinya mwinshi yagaragaje ko igihe kigeze ngo akarengane mu mupira w’u Rwanda gaterwa n’imisifurire mibi gacike, ndetse asaba RIB kwerekana bamwe yise “ibisambo”.
Ibi ni bimwe mu byo yatangarije mu kiganiro yagiriye kuri Radio/TV1 abereye umuyobozi mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 21 Ukwakira 2025, nyuma y’uko Gasogi United iherutse kunganya na Bugesera FC 0-0.
Ni umukino KNC yagaragaje ko utagenze neza kuko abasifuzi batakoze akazi kabo.
Yasabye ko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rugomba kwinjira mu mupira w’amaguru rukarwanya akarengane na ruswa bigaragaramo.
Ati “Uko RIB itwereka biriya bisambo biba byakoze amakosa, bakatweretse na bariya bica umupira, byaba byiza kurushaho. Ibi kandi ntabwo byaba ari ukwivanga mu mupira w’amaguru.”
