AmakuruImyidagaduro

Batandatu b’ibyamamare kuri TikTok batawe muri yombi kubera imyambarire idahwitse

Polisi yo muri Ethiopia yataye muri yombi undi muntu ukoresha TikTok ukunzwe cyane, aba uwa gatandatu, nyuma y’iminsi mike abandi batanu bafashwe bashinjwa kwitabira igikorwa rusange bambaye “imyambarire idahwitse” mu gihugu gikunze gukomera ku muco.

Adonay Berhane w’imyaka 25, umunyamideli usanzwe akora amashusho y’ubuzima bwa buri munsi n’ubutumwa butuma abantu bamukunda, akaba afite abasaga miliyoni enye bamukurikira, ni we wegukanye igihembo cya “TikToker w’umwaka” mu birori bya Ethiopia Creative Award 2025.

Ku mugoroba wo ku wa Gatatu w’iki cyumweru turi gusoza, Polisi yatangaje ko ari gukorwaho iperereza.

Iri tabwa muri yombi ryateje impaka zikaze ku mbuga nkoranyambaga zo muri Ethiopia.

Ababashyigikiye bavuga ko ibyo gufungwa bihonyora ubwisanzure bwo gutanga ibitekerezo kandi bigahagarika ubuhanzi, mu gihe abashyigikira umuco bavuga ko polisi yakoze neza kuko abantu bazwi ku mbuga nkoranyambaga bagomba kubaha umuco w’igihugu.

Muri abo bafashwe harimo Wongelawit Gebre Endrias, uzwi nka Evan, ushyira amashusho y’imyambarire n’ubuzima kuri TikTok. Mu birori yari yambaye ikote rirerire nta kindi yambariye imbere.

Yohannes Mekonnen, uzwi nka Jahnny, umubyinnyi n’usuzuma ibiganiro kuri interineti, wari wambaye agakapu k’abagabo, na we yarafashwe; nubwo yari yahawe igihembo cy’’ishusho nziza’uwambaye neza mu birori.

Adonay we yari yambaye ishati ifunguye mu ijosi.

Bereket Tsegaye, Mekdim Dereje na Girum Gezahegn na bo batawe muri yombi.

Nta n’umwe muri aba batandatu uragira icyo atangaza ku bijyanye n’ifatwa rya bo.

Ariko nyina wa Adonay, Abeba Gebru, yavuze ko yababajwe cyane n’aya makuru. Yabwiye BBC Tigrinya ko Adonay ari “inkingi imufasha” kandi ari urugero rwiza ku rubyiruko rwa Ethiopia.

Adonay wamaze imyaka y’ubugimbi muri Canada, yasubiye muri Ethiopia kandi byinshi mu byo ashyira kuri TikTok bigaruka ku ngaruka mbi zo kuba umwimukira, akangurira abamukurikira gukorera no kubaka igihugu cya bo aho gushaka kujya hanze.

Guverinoma ya Ethiopia nta cyo iratangaza kuri ibi, ariko polisi ivuga ko aba bafashwe bakekwaho imyitwarire ishobora kwangiza indangagaciro z’umuryango—bahangayikishijwe n’ukuntu imyitwarire ivugwa kuri interineti ikomeje kugira ingaruka ku rubyiruko rwa Ethiopia.

Mu gihe igihugu gifite abarenga miliyoni umunani bakoresha imbuga nkoranyambaga, iki kibazo cyerekana uko umuco w’ikoranabuhanga uri gutera imbere uhangana n’umuco wa kera ukomeye muri Ethiopia.

Polisi y’igihugu yatangaje ko izakomeza gufata uwari we wese “uhungabanya indangagaciro z’igihugu” cyangwa ushyigikira “umuco utagira ireme.”

Tanga Igitekerezo

email ntizatangazwa Ningombwa *