AmakuruUbuzima

RDC-Shabunda: Abagore 9 bapfuye mu kwezi kumwe kubera kubagwa nabi

Abagore icyenda bitabye Imana nyuma yo kubagwa n’ababifitiye ubumenyi, bikanarushaho gukomera bitewe n’ibura ry’imiti n’ibikoresho bikwiye, hagati y’Ukuboza 2025 na Mutarama 2026 mu gace k’ubuzima ka Shabunda, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.

Iyi mibare yatangajwe ku wa Kane tariki ya 15 Mutarama 2026 n’umuryango utari uwa Leta ASBL “Bloc Citoyen Amani”, wavuze ko iki kibazo ari agahinda kugarije aka gace k’igihugu nk’uko Okapi dukesha iyi nkuru ibitangaza.

Umuhuzabikorwa w’uwo muryango, Josué Assani Kisulu, yagaragaje impungenge avuga ko nyuma y’iyo mibare hari abana basigaye ari imfubyi, imiryango yasenyutse n’umuryango mugari wibasiwe n’agahinda n’ubwoba.

Yasobanuye ko iyi mpanuka ikomeye igaragaza kubura ubugenzuzi n’amabwiriza akomeye mu bikorwa by’ubuvuzi, kimwe n’ubukene butuma imiryango yitabaza serivisi z’ubuvuzi zikorwa rwihishwa kandi zitemewe n’amategeko. Yongeyeho ko hari n’ikibazo cy’ibura ry’ibikoresho n’ubushobozi mu bigo bya leta bitanga serivisi z’ubuvuzi.

Ati: “Iyi mpanuka igaragaza kubura ubugenzuzi n’amategeko agenga ubuvuzi, ubukene n’agahinda bituma imiryango yitabaza ubuvuzi bukorwa rwihishwa, ndetse n’ubuke bw’ibikoresho mu bigo bya Leta.”

Ibyifuzo byihutirwa

ASBL “Bloc Citoyen Amani” irasaba imiryango mpuzamahanga itabara imbabare n’abafatanyabikorwa ba leta mu rwego rw’ubuzima kongera inkunga mu bikoresho no kohereza abakozi b’inzobere mu gace k’ubuzima ka Shabunda.

Uwo muryango unashishikariza ubuyobozi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo gufata ingamba zihutirwa zo gufunga ibigo by’ubuvuzi bidakora mu buryo bwemewe n’amategeko no guhana ababiyobora.

Byongeye kandi, usaba sosiyete sivile n’abayobozi b’imidugudu n’indi miryango gutanga ubukangurambaga bugamije kwigisha abaturage kwirinda kwitabaza ubuvuzi bukorwa rwihishwa.

Izi mpungenge zemezwa kandi n’umuganga mukuru w’akarere k’ubuzima ka Shabunda, wemeje uburemere bw’ikibazo cy’ibikorwa byo kubagwa bikorwa mu buryo butemewe n’amategeko muri ako gace.

Abagaganga babaga ku Bitaro by’Intara bya Bukavu (Ifoto: Okapi)

Tanga Igitekerezo

email ntizatangazwa Ningombwa *