Museveni yatsindiye manda ya karindwi ku majwi 71%
Komisiyo y’amatora ya Uganda yatangaje ko Perezida Yoweri Museveni ari we wegukanye intsinzi mu matora ya perezida, aho yagize amajwi 71%. Uwo bari bahanganye cyane, Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, we yagize amajwi 24%, mu gihe abandi bakandida batandatu batashoboye kurenza 1%.
Ibyavuye mu matora yabaye ku wa Kane w’iki cyumweru byatangajwe nyuma y’igihe gito Bobi Wine ashyize ahagaragara amashusho avuga ko ibyari bugitangazwe na Perezida wa Komisiyo y’amatora, Byabakama, bitari ukuri.
Aya majwi atumye Museveni, ufite imyaka 81, atorwa ku nshuro ya karindwi yikurikiranya, bityo akazaguma ku buyobozi bw’igihugu kugeza mu mwaka wa 2031.
Itangazwa ry’ibyavuye mu matora ryabaye nyuma y’iminsi itanu interineti ifunze muri Uganda. Leta yavuze ko icyo cyemezo cyafashwe mu rwego rwo gukumira umutekano muke no kurwanya ikwirakwira ry’amakuru atari yo mu gihe cy’amatora. Ariko Bobi Wine n’ishyaka rye NUP bo bavuga ko gufunga interineti byari bigamije korohereza uburiganya mu matora no gukumira ko amahanga amenya ibibera mu gihugu.
Kubera izo mbogamizi z’itumanaho, BBC dukesha kyi nkuru n’ibindi bitangazamakuru byigenga byavuze ko byagowe n’inshingano zo kugenzura uko amatora yagenze n’ukuri kw’ibyatangajwe.
Komisiyo y’amatora yatangaje ko abatoye bose hamwe bari miliyoni 11.3, bangana na 52% by’abari biyandikishije. Yongeyeho ko amajwi ibihumbi 275, angana na 2.4%, yabaye impfabusa.
Ibiro ntaramakuru AFP byatangaje amagambo y’uwari indorerezi mpuzamahanga mu matora, Goodluck Jonathan wahoze ari perezida wa Nigeria, wavuze ko habayemo ibikorwa byo gutera ubwoba, guta muri yombi no gushimuta byibasiye abatavuga rumwe n’ubutegetsi hamwe n’abagize sosiyete sivile.
Mu butumwa bwa video yashyize ku rubuga rwa Facebook, Bobi Wine yasabye abaturage ba Uganda guhaguruka bakamagana ibyavuye mu matora, avuga ko Komisiyo y’amatora yahaye Museveni intsinzi itemewe.
Bobi Wine yavuze ko ari ahantu hatazwi nyuma yo gucika inzego z’umutekano zari zamufungiye iwe mu rugo i Magere, hafi ya Kampala. Ku rundi ruhande, igipolisi cya Uganda cyahakanye ko ubuzima bwe buri mu kaga, kivuga ko ayo makuru ari ibinyoma, ndetse gisaba abaturage gukomeza kwitwararika no kwirinda imyigaragambyo iyo ari yo yose nyuma y’amatora ya perezida.


