AmakuruPolitiki

Menya umudepite wa USA ukomoka muri Somalia wongeye kwibasirwa na Trump mu ijambo rye i Davos

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Trump, yongeye gukoresha amagambo akakaye yibasira igihugu cya Somalia n’abagituye, ndetse n’umudepite w’Umunyamerikakazi ukomoka muri icyo gihugu, avuga ko Somalia “itari igihugu gifite guverinoma n’inzego z’ubutegetsi zifatika”.

Mu ijambo yamazeho isaha n’iminota irenga 10, yavugiye i Davos mu nama ya World Economic Forum ku wa gatatu, Trump yanenze abimukira bakomoka muri Somalia, abashinja kugira “urwego ruto rw’ubwenge (IQ)”, anakomeza avuga ko “Somalia atari igihugu” nk’uko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza.

Trump yanavuze mu mazina umudepite Ilhan Omar, akomeza kumuhuza n’igihugu avukamo, amuvuga nabi mu magambo menshi. Ibi yabivuze nyuma y’umunsi umwe gusa na bwo yari yibasiye Somalia ari muri Amerika, amagambo yahise anengwa n’ubuyobozi bwa Somalia bwavuze ko arimo ivangura, irondaruhu no gutesha agaciro igihugu cyigenga.

Muri iyi minsi, Trump akunze kugaruka ku kibazo cy’ubujura bw’amafaranga arenga miliyari 18 z’amadolari y’Amerika, bivugwa ko bwabereye muri gahunda z’ubufasha leta itanga muri Minnesota, leta ibarizwamo abaturage benshi bafite inkomoko muri Somalia. Iki kibazo agikoresha mu gushimangira politiki ye ikakaye ku bimukira no gushyigikira gahunda zo kwirukana bamwe muri Amerika.

Trump yibasiye Somalia avuga ko nta gihugu kirimo ubwo yavugiraga mu nama inDavos (Ifoto: BBC)

No mu ijambo rye i Davos, ubwo yavugaga ku bibazo abona ko byatewe n’abimukira mu Burayi no muri Amerika, yongeye kugaruka ku byabereye muri Minnesota, ahita abihuza na Somalia.

Yagize ati: “Turimo gukurikirana ubujura burenga miliyari 19 z’amadolari bwakozwe n’amabandi y’Abasomali. None se Somalia bafite IQ iri hejuru kurusha uko twabitekerezaga? Twavuga ko bafite IQ iri hasi, none se byagenze bite kugira ngo bagere muri Minnesota banibe ayo mafaranga yose?”

Trump yavuze ko ibi bikwiye kubera isomo ibihugu by’Uburengerazuba, ashimangira ko bidakwiye kwakira “imico y’abanyamahanga mu buryo bw’ikirenga”.

Yongeyeho ati: “Turimo kwakira abantu bavuye muri Somalia, nyamara Somalia si igihugu: nta guverinoma, nta polisi, nta gisirikare, nta kintu na kimwe gihari.”

Nta cyo abayobozi ba Somalia bahise batangaza ku magambo Trump yavugiye i Davos, ariko mbere bari baranenze ubutegetsi bwe kubahozaho no guhuza igihugu cya bo n’ibibazo byabereye muri Minnesota.

Somalia ni igihugu cyigenga gifite abaturage bagera kuri miliyoni 20, inzego z’ubuyobozi, n’ubukungu bushingiye ku bucuruzi, ubworozi n’amafaranga yoherezwa n’Abasomali baba mu mahanga.

Mu myaka isaga 20 ishize, Somalia yibasiwe n’umutwe w’iterabwoba wa Al-Shabab. Ni igihugu kiri mu muryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC), uyu muryango na wo ntiwagize icyo utangaza ku magambo ya Trump avuga ko Somalia atari igihugu.

Mu cyumweru gishize, leta y’Amerika yatangaje ko yahagaritse gahunda yihariye yarindaga abimukira bakomoka muri Somalia kwirukanwa, icyemezo gifite ingaruka ku bantu bagera ku 80,000. Icyakora, ku rundi ruhande, ubutegetsi bwa Trump bwakajije ibikorwa bya gisirikare muri Somalia, aho Amerika imaze kugaba ibitero by’indege birenga 120, birenze ibyakozwe ku ngoma za George W. Bush, Barack Obama na Joe Biden. Ingabo z’Amerika zivuga ko ibyo bitero bigamije abarwanyi ba Al-Shabab bafitanye umubano na Al-Qaeda.

Ni nde Ilhan Omar Trump yongeye kwibasira?

Ilhan Omar ni Umunyamerikakazi ukomoka muri Somalia (Ifoto: BBC)

Mu ijambo rye i Davos, Trump w’imyaka 79 yakomeje avuga kuri Ilhan Omar agira ati: “Dufite uyu mudepite w’impimbano bavuga ko afite umutungo wa miliyoni 30 z’amadolari—mwabyemera se? Ilhan Omar uva mu gihugu kitari igihugu, none akaba ari we utwigisha uko twagenga Amerika.”

Yongeyeho ko atazigera amwihanganira. Ilhan Omar ntiyahise asubiza ku byo Trump yavuze i Davos, ariko asanzwe azwiho kunenga ku mugaragaro politiki ya Trump ku bimukira n’ibindi byemezo by’ubutegetsi bwe.

Ku wa kabiri, asubiza amagambo Trump yari yavuze ari muri Amerika, Ilhan Omar yavuze ko ayo magambo agamije kwibasira Abasomali muri rusange no guhindura iperereza riri gukorwa ku byaha by’ubujura muri Minnesota.

Ilhan Omar ni umugore w’imyaka 43, wageze muri Amerika akiri umwana w’imyaka 10 ari impunzi. Yarize, arakora, aza gutorerwa kujya mu Nteko Ishinga Amategeko y’Amerika.

Mu ntangiriro za 2019, yabaye Umunyamerika wa mbere wavukiye muri Somalia wabaye umudepite, aba n’Umunyafurika wa mbere wabonye ubu burenganzira, ndetse aba umugore wa mbere utari umuzungu uhagarariye Minnesota muri Kongere.

Yavukiye i Mogadishu, apfusha nyina akiri muto, akurira i Baidoa mu majyepfo ya Somalia. Afite imyaka itandatu, intambara yabateye guhungira mu nkambi ya Dadaab muri Kenya, aho bamaze imyaka ine mbere yo kwimukira muri Amerika mu 1992. Yabonye ubwenegihugu bw’Amerika mu 2000 afite imyaka 17.

Ilhan Omar yagiye avuga ko mu mashuri yagize ingorane kubera kwambara hijab no gukurikiza umuco w’umuryango we.

Yize ibijyanye n’imirire (nutrition), akora muri uwo mwuga mbere yo kwinjira muri politiki. Yatangiye politiki afasha mu kwiyamamaza kwa Andrew Johnson mu 2013, nyuma yinjira mu ishyaka ry’Abademokarate. Mu 2017, yatorewe kwinjira mu Nteko Ishinga Amategeko ya Minnesota afite imyaka 35.

Ilhan Omar anenga ubutegetsi bwa Trump (Ifoto: NBC News)

Kubera ko azi neza ibibazo by’abimukira, Ilhan Omar yabaye umwe mu banenga bikomeye politiki ya Trump. Avuga ko aharanira uburenganzira n’ubwisanzure bw’abantu bose, by’umwihariko abari mu byiciro bibasirwa, harimo n’abagize umuryango wa LGBTQI.

Muri Amerika, bamwe bafata Ilhan Omar nk’ikimenyetso gikomeye cy’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Trump, bashobora no guhangara Perezida ubwa bo.

Afite abana batatu, barimo Isra Hirsi, w’imyaka 22, uzwi nk’uharanira kurengera ibidukikije.
Ilhan Omar yamenyekanye cyane mu 2019, ubwo yari mu ba mbere bashyigikiye igitekerezo cyo kweguza Trump ku mwanya wa Perezida, nubwo icyo gikorwa kitarageze ku ntego. Icyo gihe, Ilhan yavuze ko Trump “amutinya” kuko “yamuhoraga ko akurikirana”.

Tanga Igitekerezo

email ntizatangazwa Ningombwa *