Amatora yo muri Uganda: USA igiye kongera gusuzuma umubano wa yo na Uganda
Umuyobozi wa komisiyo ishinzwe ububanyi n’amahanga mu Nteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Senateri Jim Risch, yavuze ko ubutegetsi bwa Perezida Donald Trump bukwiye kongera gusuzuma umubano Amerika ifitanye na Uganda, bitewe n’ibyabaye mu matora aheruka yo muri icyo gihugu.
Mu itangazo yasohoye, Senateri Jim Risch yagarutse ku matora aheruka kuba muri Uganda, igihugu cyo muri Afurika y’Iburasirazuba, avuga ko yaranzwe n’amanyanga agamije gufasha Perezida Yoweri Museveni kuguma ku butegetsi.
Yagize ati: “Amatora yo muri Uganda – kimwe n’aheruka muri Tanzaniya – yari amatora yo kwiyereka gusa, agamije kwemeza manda ya karindwi ya Perezida Yoweri Museveni, umaze hafi imyaka 40 ayobora igihugu.”
Ibi yabitangaje nyuma y’uko Komisiyo y’amatora itangaje ko Perezida Museveni yatsinze amatora ku majwi 71%, mu gihe umukandida batavuga rumwe, Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi nka Bobi Wine, yatangajwe ko yagize amajwi 20%. Bobi Wine yahise atangaza ko atemera ibyavuye mu matora.
Nyuma y’aya matora, Perezida Museveni yakiriye ubutumwa bwinshi bumushimira intsinzi, burimo n’ubwaturutse kuri Perezida w’Uburusiya, Vladimir Putin, wamwifurije ishya n’ihirwe, mu gihe ategereje kurahirira indi manda nshya.
Senateri Jim Risch yavuze ko nubwo Uganda ari umufatanyabikorwa w’Amerika mu karere, ndetse ikaba irusha Tanzaniya uwo mubano, ubutegetsi bwa yo bushingiye cyane ku bikorwa byo gutoteza abatavuga rumwe na leta, gushimuta abantu, gufunga mu buryo bunyuranyije n’amategeko, gutera ubwoba abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi, no gukoresha nabi umutungo wa leta mu nyungu zo kuguma ku butegetsi.
Yakomeje avuga ko Uganda igira uruhare mu bikorwa bihungabanya umutekano mu karere, bigatuma ubutegetsi bwa yo bugaragara nk’ubukwirakwiza umutekano muke hanze y’igihugu.
Senateri Risch yanagaragaje impungenge ku myitwarire ya leta za Tanzaniya na Uganda, avuga ko ishobora kuba urugero rubi ku bindi bihugu byo mu karere biteganya amatora mu minsi iri imbere.
Yagize ati: “Tanzaniya na Uganda biri mu murongo umwe, kandi ibi biteye impungenge zikomeye ku ngaruka bishobora kugira ku bindi bihugu byitegura amatora, birimo Ethiopia na Kenya.”
Nubwo yashimye uburyo ubutegetsi bwa Perezida Trump bushaka guteza imbere inyungu z’Amerika mu by’ubucuruzi n’umutekano mu karere, yavuze ko ibyo bishobora kugorana mu gihe imyitwarire ya politiki muri ibi bihugu igikomeje kuba mibi.
Uyu muyobozi mu Nteko Ishinga Amategeko yasabye ko, nk’uko byakozwe kuri Tanzaniya, ubutegetsi bwa Perezida Trump bwakongera gusuzuma umubano w’Amerika na Uganda mu by’umutekano, harimo no kwiga niba hakenewe gufatira ibihano abayobozi bamwe na bamwe, barimo na Jenerali Muhoozi Kainerugaba.
Iri tangazo ryasohotse nyuma y’uko Bobi Wine atangaje ko umugore we, Barbie Kyagulanyi, yafungiwe mu cyumba iwe, agahohoterwa agakomereka bikomeye.
Ni mu gihe kandi Bobi Wine amaze igihe yibasirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Jenerali Muhoozi Kainerugaba, umaze iminsi ashyira ubutumwa bwinshi ku rubuga rwa X, avuga ko Bobi Wine ari guhigwa, amusaba kwishyikiriza inzego z’umutekano, ndetse rimwe na rimwe akavuga amagambo y’ubwoba n’ibitutsi amushinja ubugambanyi.
Nubwo Jenerali Kainerugaba yasibye zimwe muri izo nyandiko, yakomeje kwibasira Bobi Wine mu magambo akakaye.
Ibi byatumye Bobi Wine ajya kwihisha, mu gihe hari amakuru yari yabanje gukwirakwira avuga ko yaba yashimuswe n’inzego z’umutekano, ariko Polisi ya Uganda ikabihakana. Nyuma, Bobi Wine ubwe yemeje ko ari mu bwihisho kubera impungenge z’umutekano we.

