AmakuruPolitiki

Umugore wa Bobi Wine yavuze amahano yakorewe

Barbara Kyagulanyi, umugore w’umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, ari mu bitaro nyuma y’igitero cyagabwe ku rugo rwa bo ruherereye mu murwa mukuru Kampala, aho abantu bitwaje intwaro barwinjiye ku ngufu bakarusahura.

Iki gitero cyabaye hashize iminsi mike habaye amatora y’umukuru w’igihugu, amatora atavugwaho rumwe ku byayavuyemo. Barbara Kyagulanyi avuga ko yari mu rugo ubwo abo bagabo binjiraga mu ijoro ryo ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, bamubaza aho umugabo we aherereye, bakanagerageza gufungura telefone ye ku ngufu.

Ari ku gitanda mu bitaro arimo kwivuriza, Barbara yabwiye abanyamakuru ko abagabye igitero bamwe bari bambaye imyambaro ya gisirikare, abandi bambaye imyambaro isanzwe. Avuga ko bamukubise, bakamutuka, banamubaza impamvu yemeye gushyingiranwa na Bobi Wine nk,’uko tubikesha BBC.

Yagize ati: “Abagabo babiri bamfatiye mu maboko, mu gihe abandi basakamburaga inzu yose. Umwe muri bo yansabye kumuha ijambo ry’ibanga rya telefone yanjye. Maze kwanga, yamfunze mu muhogo ankubita hasi”.

Barbara avuga ko nubwo yakubiswe akanahohoterwa, yakomeje kwifata, ntiyataka cyangwa ngo atakambire umugabo we, amusaba gukomeza kwihisha. Yongeye gushimangira, mu rurimi rw’Ikiganda, ko nubwo bamuhutaza, bitazabafasha kubona Bobi Wine.

Kuva Perezida Yoweri Museveni atangajwe ko yatsinze amatora ku majwi arenga 71%, Bobi Wine ari mu bwihisho. Ishyaka rye, National Unity Platform (NUP), ryamaganye ibyavuye muri ayo matora rivuga ko yabayemo uburiganya.

Ku mugoroba wo ku wa Gatandatu ushize, Bobi Wine yanditse ubutumwa ku rubuga rwa X, avuga ko inzego z’umutekano zambaye udupfukamunwa zagabye igitero ku rugo rwe, zikarusahura, zikanakubita abantu bari barurimo, barimo umugore we n’abana.

Yagize ati: “Batwaye telefone y’umugore wanjye, bamusaba kuyifungura no kubaha ijambo ry’ibanga. Kubera ko yabyanze, baramukubise banamuca intege”.

Barbara Kyagulanyi akomeje kuvurirwa mu bitaro, aho abaganga bavuga ko yakomeretse ku mubiri no ku mutima. Mbere y’ibi, Bobi Wine yari yatangaje ko afite impungenge ku mutekano w’umugore we, avuga ko yari afungiye mu cyumba kimwe n’abantu bitaramenyekana intego ya bo.

Barbara ari ku gitanda, mu bitaro, aho ari kuvurirwa (Ifoto: BBC)

Joel Ssenyonyi, umudepite akaba n’umwe mu bayobozi bakuru ba NUP, yatangaje ko yagiye ku rugo rwa Bobi Wine i Magere nyuma yo kumenyeshwa ko ingabo za Uganda zarwinjiye. Yanditse ko yabonye abasirikare benshi n’abandi bantu bitwaje intwaro, bamwe bambaye imyambaro ya gisirikare, abandi bambaye isanzwe, kandi ko bamubujije kwinjira.

Abayobozi ba NUP banenze inzego z’umutekano, bibaza impamvu zidakoresha inzira zemewe n’amategeko zo guhamagaza Bobi Wine cyangwa umugore we mu rwego rw’ubugenzacyaha, ahubwo zigahitamo gukoresha imbaraga n’ihohoterwa.

Kugeza ubu, polisi ya Uganda ntiragira icyo itangaza ku birego byatanzwe na Bobi Wine, umugore we n’ishyaka National Unity Platform (NUP).

Tanga Igitekerezo

email ntizatangazwa Ningombwa *