Perezida wa Iran yategetse gutangiza inzira y’ibiganiro n’Amerika
Perezida wa Iran yatangaje ko yahaye abahagarariye igihugu mu bya dipolomasi amabwiriza yo gushaka uko hatangira ibiganiro na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, mu gihe umwuka mubi wari umaze iminsi ugaragara ku mpungenge z’intambara ushobora kuba uri kugabanuka.
Perezida Masoud Pezeshkian yanditse ku mbuga nkoranyambaga ku wa Kabiri ko yategetse Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga gukurikirana ibiganiro birimo ubutabera n’uburinganire.
Iri tangazo rishyigikira amakuru yavugaga ko Iran yiteguye kwinjira mu biganiro biri gutegurwa na Turikiya, bigamije kugabanya umwuka mubi uri hagati ya yo n’Amerika.
Mu minsi ishize, Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zari zarohereje amato y’intambara mu karere, mu gihe Perezida Donald Trump yari amaze inshuro nyinshi atangaza amagambo akakaye. Icyakora, amagambo yatangajwe n’impande zombi mu mpera z’icyumweru gishize no ku wa Mbere yagaragaje ko ibiganiro bikorwa mu ibanga (backchannel diplomacy) byari biri gutanga umusaruro.
Perezida Pezeshkian yagize ati: “Nahaye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga amabwiriza yo gukurikirana ibiganiro birimo ubutabera n’uburinganire, igihe cyose haba hari ibidukikije byiza, bitarimo iterabwoba n’ibisabwa bidafite ishingiro, hashingiwe ku mahame y’icyubahiro, ubwitonzi n’inyungu z’igihugu”.””.
Ejo hashize, Tehran yari yatangaje ko iri gusuzuma inzira zitandukanye za dipolomasi zatanzwe n’ibihugu byo mu karere birimo Qatar, Turikiya, Misiri na Oman, hagamijwe kugabanya umwuka mubi hagati ya yo na Washington, ikongeraho ko hateganyijwe ko mu minsi mike iri imbere hazashyirwaho urwego rw’ibiganiro.
Nyuma ya ho kuri uwo munsi, hatangajwe amakuru avuga ko ibiganiro byarimo bitegurwa kubera i Istanbul ku wa Gatanu, bikazitabirwa n’intumwa yihariye y’Amerika, Steve Witkoff, hamwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araghchi. Gusa, Tehran na Washington ntibyigeze byemeza ku mugaragaro ayo makuru.
Trump yari yohereje amato y’intambara mu Burasirazuba bwo Hagati muri Mutarama, avuga ko Amerika yiteguye gutabara abaturage bigaragambyaga, mu gihe Iran yabangamira imyigaragambyo y’abaturage ku mugaragaro. Nyuma ya ho ariko, Trump yahinduye icyerekezo, asaba Iran kwemera amasezerano kugira ngo hasubukurwe ibiganiro kuri gahunda ya yo ya nikeleyeri, byari byarahagaritswe muri Kamena nyuma y’ibitero bya Israel n’Amerika kuri Iran.
Ibiganiro bikozwe mu ibanga byakomeje, aho hari ibimenyetso byagaragaje intambwe nziza mu mpera z’icyumweru. Ku Cyumweru, Trump yatangaje ko Amerika iri kuganira na Iran. Ku wa Mbere, umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Iran, Esmaeil Baghaei, yemeje ko hari ibiganiro bidakorwa mu buryo buziguye bikomeje, avuga ko ibihugu byo mu karere biri hagati mu guhererekanya ubutumwa.
Yagize ati: “Hari ingingo nyinshi zamaze kuganirwaho, kandi turi gusuzuma no kunoza buri cyiciro cy’iyi nzira ya dipolomasi, twizeye ko izarangira mu minsi iri imbere”.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe itangazamakuru, IRNA, cyatangaje ko Minisitiri Araghchi yagiranye ibiganiro kuri telefone na bagenzi be bo muri Arabiya Sawudite, Misiri na Turikiya, baganira ku bibazo biriho ubu.
Nyuma ya riho, ikinyamakuru Fars cyatangaje amagambo y’umuntu utatangajwe izina wavuze ko Perezida Pezeshkian yategetse ko hasubukurwa ibiganiro ku gahunda ya nikeleyeri ya Iran. Fars cyatangaje ko Iran na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zizaganira ku kibazo cya nikeleyeri, ariko nticyatangaza igihe ibyo biganiro bizabera.
Biteganyijwe ko Minisitiri Araghchi azahura na Steve Witkoff muri ibi bihe, nk’uko byatangajwe n’ikigo Tasnim.
Hagati aho, umukozi wa White House yavuze ko Witkoff yari ategerejwe kugera muri Israel ku wa Kabiri, aho azahura na Minisitiri w’Intebe Benjamin Netanyahu.
Aya makuru ajyanye n’ibiganiro ateganyijwe aje mu gihe Iran yari imaze iminsi yitegura ko ishobora guterwa n’Amerika, kubera ko amato manini y’intambara n’indege za gisirikare z’Amerika biri mu Nyanja y’Abahinde, hafi ku buryo byafasha mu gitero.
Trump yari yarakajije amagambo nyuma y’imyigaragambyo yabereye muri Iran muri Mutarama, aho abantu ibihumbi bishwe. Iyo myigaragambyo yari yaratewe n’ubukene n’ihungabana ry’ifaranga ry’igihugu kubera ibihano mpuzamahanga, iza guhinduka ikibazo gikomeye cyari gihangayikishije ubutegetsi.
Gusa, ayo magambo akakaye ya Trump nyuma yaje guhinduka asaba Iran kwemera amasezerano ku bijyanye na nikeleyeri. Amerika n’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi bamaze igihe bahangayikishijwe n’uko Iran yaba ishaka gukora intwaro za nikeleyeri, mu gihe Tehran ivuga ko gahunda ya yo igamije gusa ibikorerwa abaturage.

Nubwo Iran yatangaje ko ishaka kongera gutangira ibiganiro, haravugwa ko Amerika yashyizeho ibisabwa bimwe. Amasoko yo muri Iran yabwiye Reuters ko Trump yasabye Iran guhagarika gutunganya uranium, kugabanya gahunda ya yo ya misile no guhagarika gufasha imitwe yitwaje intwaro iyishyigikiye mu karere.
Mu bihe byashize, Iran yigeze kugaragaza ubworoherane mu kuganira ku bya nikeleyeri, ariko misile n’’abafatanyabikorwa ba yo’izindi ntwaro kirimbuzi zo mu karere byakomeje gufatwa nk’ibidashobora kuganirwaho.
Ntiharamenyekana niba Iran izahindura uwo mwanya, cyane cyane ko ikeneye cyane ko ibihano byakurwaho kugira ngo ubukungu bwa yo buzahuke no kwirinda indi myigaragambyo ishobora kuzaba mu gihe kiri imbere.
Muri Kamena, Amerika na Iran bari batangiye ibiganiro muri Oman, ariko byaje guhagarara nyuma y’ibitero bya Israel kuri Iran, bikurikirwa n’ibya Amerika ku bigo bya nikeleyeri by’iki gihugu.
Ku Cyumweru, Trump yavuze ko Iran iri kuganira neza n’Amerika, ariko ashimangira ati: “Dufite amato manini kandi akomeye cyane ari kwerekeza muri ako karere”.
Umuyobozi w’ikirenga wa Iran, Ali Khamenei Ayatollah, na we yakomeje kugaragaza umwihariko ukakaye, aho ku Cyumweru yaburiye ko igitero icyo ari cyo cyose kuri Iran cyateza intambara mu karere kose”.


