AmakuruImikinoImyidagaduroShowbiz

Umuyobozi Wa 1:55AM Yahombye Miliyoni 2Frw Yashyize Muri Betting Ategeye Arsenal FC

Umuyobozi wa 1:55AM Ltd, Kenny Mugarura, akomeje kugarukwaho cyane ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo kugaragaza ko yashoye miliyoni 2Frw muri Betting atega ko Arsenal FC Itsinda Manchester City bikarangira itsinzwe ibitego 2:0 .

Uyu mugabo uyobora sosiyete ya 1:55AM Ltd ifasha abahanzi barimo Bruce Melodie, Loader, Producer Kompressor na Kivumbi King ni umwe mu babaye iciro ry’imigani kubera intsinzwi ya Arsenal FC.Ku wa 21 Werurwe 2026 Kenny Mugarura yari yagaragaje ko yashize miliyoni 2Frw muri Betting ategeye Arsenal FC gutsinda Man City ndetse iyo biba yari kwegukana 3 480 000Frw.

Ibyo yari yiteze siko byagenze kuko ikipe yari yizeye yamutengushye igatsindwa ibitego 2:0 bituma agomba atyo.

Kuri iki Cyumweru, ikipe ya Manchester City yatsindiye Arsenal ibitego 2-0 kuri Stade ya Wembley ku mukino wa nyuma wa Carabao Cup iyitwara igikombe.

Ni umukino watangite Saa Kumi n’Ebyiri n’Igice wari utegerejwe cyane hagati y’aya makipe anahanganiye shampiyona uyu mwaka. Igice cya mbere cyawo cyarangiye amakipe yombi anganya 0-0.

Mu gice cya kabiri Man City yigaranzuye Arsenal ubwo ku munota wa 60 Nico O’Reilly yatsindaga igitego cya mbere akanongeramo icya kabiri ku munota wa 64 ahawe umupira na Matheus Nunez.

Arsenal yarwanye no kuba yakwishyura ariko umukino urangira itsinzwe na Man City ibitego 2-0 yanahise yegukana iki gikombe ku nshuro ya cyenda.

Arsenal yatsindiwe ku mukino wa nyuma wa Carabao Cup ku nshuro ya karindwi dore yanahatsindiwe mu 1968, 1969, 1988, 2007, 2011, 2018 ndetse na 2026.

Umuyobozi wa 1:55AM Ltd akunze kugaragaza ko yateze amafaranga menshi muri Betting

Tanga Igitekerezo

email ntizatangazwa Ningombwa *