Mu mafoto Clapton Kibonge yasabye anakwa n’umugore we babyaranye gatatu
Umunyarwenya akaba n’umukinnyi wa filime Mugisha Emmanuel wamamaye ku mazina ya Clapton Kibonge Kuri uyu wa 4 Mata 2026, Yakoze ubukwe n’umugore we Ntambara Mutoni Jacky bari bamaze imyaka 8 babana ndetse banafitanye abana 3.
Ubukwe bwa Clapton Kibonge n’umugore we Ntambara Mutoni Jacky bwabereye ahitwa i Rwempasha mu Karere ka Nyagatare ku wa 4 Mata 2026.
Nyuma yu muhango wo gusaba no gukwa bagiye gusezeranira imbere y’Imana mu rusengero rwitwa Gasinga Miracle Center i Rwempasha.Clapton Kibonge yari yarasezeranye mu mategeko mu 2018.
Uyu mugabo ntiyahise akora ubukwe busanzwe ngo asezerana imbere y’Imana no gusaba no gukwa kubera ko nta bushobozi yari afite bwo gukora iyo mihango yose.
Aba bombi bibarutse imfura mu 2018, mu 2022 nibwo bibarutse ubuheta naho mu 2024 bibaruka umwana wa gatatu.






Ubukwe bwa Clapton Kibonge na Jacky bwitabiriwe n’ibyamamare





















Amafoto: Igihe
