AmakuruPolitiki

Amerika: Iperereza ryatangiye ku rusaku rw’amasasu rwumvikanye hafi ya White House

Urwego rwo muri Amerika rushinzwe kurinda umutekano wa perezida n’abandi bayobozi bakomeye ndetse n’abigeze kuyobora igihugu, ruzwi nka US Secret Service, rwatangiye iperereza ku masasu yumvikanye mu rukerera rwo ku cyumweru hafi y’ibiro bya perezida, White House.

Abashinzwe umutekano bageze aho ayo masasu yumvikaniye, hafi ya Pariki ya Lafayette iri i Washington DC, nyuma gato ya saa sita z’ijoro. Bahise batangira gusaka muri iyo pariki iri mu majyaruguru y’aho perezida atuye ndetse no mu duce tuyikikije, nk’uko byatangajwe n’urwo rwego.

Icyakora, uru rwego rwavuze ko nta muntu n’umwe uregwa cyangwa ukekwaho ibyo byabaye wabonetse, kandi ko nta muntu wakomeretse wigeze utangazwa. Ruri gukorana n’izindi nzego mu gushakisha imodoka ishobora kuba ifitanye isano n’ayo masasu ndetse n’umuntu bashaka kumenya imyirondoro ye.

Mu gihe ibyo byabaga, perezida Donald Trump yari ari i Washington DC mu mpera z’icyumweru gishize. Secret Service yavuze ko nubwo ibikorwa by’umutekano bikomeje nk’ibisanzwe, hashyizweho ingamba zikomeye zo kurushaho kurinda umutekano.

Anthony Guglielmi, umuvugizi wa Secret Service, yatangaje ku rubuga X ko hari imihanda imwe n’imwe yafunzwe mu gihe iperereza ryakorwaga, ariko nyuma iza kongera gufungurwa.

Uhagarariye uru rwego yemeje ko iperereza rigikomeje, nk’uko yabibwiye BBC ku cyumweru nimugoroba.

Byongeye kandi, perezida yagumye mu murwa mukuru Washington DC muri iyo weekend, aho kujya mu rugo rwe rwa Mar-a-Lago ruherereye muri leta ya Florida, aho asanzwe ajya mu mpera z’icyumweru.

White House

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *