AmakuruImikino

Tshisekedi yahaye buri mukinnyi inzu n’imodoka nyuma yo kubona itike y’Igikombe cy’Isi

Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) yashimiye abakinnyi b’ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru abaha ibihembo bikomeye, nyuma yo kubona itike yo kwitabira Igikombe cy’Isi cy’uyu mwaka, batsinze Jamaica igitego 1-0.

Amafoto yasohowe n’ibiro bya perezida agaragaza Tshisekedi yakiriye ikipe y’igihugu izwi nka Les Léopards ku cyumweru i Kinshasa, ubwo yari imaze kugera mu gihugu.

Mu itangazo ryashyizwe hanze, havugwamo ko buri mukinnyi yahawe inzu n’imodoka nk’ishimwe ryo kuba bongeye kugarura DRC mu marushanwa y’Igikombe cy’Isi, igihugu cyaherukagamo mu mwaka wa 1974.

Televiziyo na radiyo bya Leta byanasohoye amashusho agaragaza imodoka zo mu bwoko bwa Jeep 4×4 z’umukara n’umweru abakinnyi bahawe nk’ibihembo.

Ikipe ya DRC iri mu itsinda K hamwe na Portugal, Uzbekistan na Colombia.

Umukino wayo wa mbere izawukina na Portugal ku itariki ya 17 Kamena uyu mwaka, mu gikombe cy’Isi kizabera mu bihugu bya Mexique, Canada na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Perezida Tshisekedi yashimiye abakinnyi (Ifoto: BBC)

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *