Abagore bakuyemo inda muri Northern Ireland bagenewe ikiruhuko cy’ibyumweru bibiri gihemberwa
Ireland y’Amajyaruguru yabaye iya mbere ku isi ishyizeho ikiruhuko kirekire gihemberwa cy’ibyumweru bibiri kigenewe ababyeyi bakuyemo inda.
Ibindi bice bigize United Kingdom na byo biri gutekereza kuvugurura amategeko yabyo, kugira ngo hashyirweho ikiruhuko kirushijeho gufasha ababyeyi bahuye n’iki kibazo.
Mu myaka ishize, impaka ku bijyanye n’ikiruhuko gihemberwa ku bagize ibyago byo gukuramo inda zarushijeho gukaza umurego, bitewe n’imbaraga z’amashyirahamwe aharanira uburenganzira bw’abagore asaba impinduka mu mategeko.
Mu mwaka wa 2021, New Zealand ni yo yabanje gushyiraho ikiruhuko gihemberwa cy’iminsi itatu ku bagore bakuyemo inda ndetse n’ababyaye abana bapfuye.
Mu bihugu byinshi byo muri Afurika no mu karere, amategeko ntaragena by’umwihariko ikiruhuko nk’iki, ahubwo ababyeyi bahura n’ibi bibazo bahabwa ikiruhuko cy’uburwayi nk’uko bisanzwe.
Gukuramo inda cyangwa kubyara umwana upfuye bishobora kugira ingaruka zikomeye ku buzima bwo mu mutwe bw’umubyeyi, harimo ihungabana n’akato gaturuka ku myumvire ya sosiyete. Impirimbanyi zivuga ko gukira ibyo bibazo bishobora gufata igihe kirekire.

