Igitero cya Israel cyibeshye gihitana umugabo n’umugore we mu nzu ya bo
Igitero cy’ingabo za Israel cyari kigamije guhitana umwe mu bayobozi ba Hezbollah mu majyepfo ya Liban ku cyumweru cyakozwe mu buryo bwibeshye, gihitana undi muntu utari ugambiriwe, ari na we wari umwe mu bayobozi mu ishyaka rinenga cyane Hezbollah.
Igisirikare cya Israel cyatangarije BBC ko cyemera ko icyo gitero kitageze ku ntego ya cyo, kikavuga ko kibabajwe n’ingaruka cyagize ku basivile.
Ishyaka Lebanese Forces Party, risanzwe rigizwe cyane n’abakristu, ryemeje ko igitero cyagabwe ku nyubako y’amagorofa cyahitanye umwe mu bayobozi baryo, Pierre Mouawad, hamwe n’umugore we Flavia.
Iyo nyubako iherereye mu gace ka Ain Saadeh, gatuwe cyane n’abakristu, mu majyepfo y’umurwa mukuru Beirut.
Minisiteri y’Ubuzima ya Liban yatangaje ko icyo gitero cyahitanye umugabo n’abagore babiri.
Umuyobozi w’ako gace yavuze ko abahitanywe n’icyo gitero bari bari ku igorofa ryo hasi ugereranyije n’aho igitero cyari kigambiriwe muri iyo nyubako.
Igisirikare cya Israel cyongeyeho ko hari n’abandi bantu batari bagambiriwe bagizweho ingaruka n’icyo gitero, kandi ko hakomeje gukorwa iperereza.
Ishyaka Lebanese Forces Party ryasobanuye ko Pierre Mouawad atari umurwanyi cyangwa umusirikare, rikavuga ko yari amaze kwizihiza Pasika ari kumwe n’umuryango we mu rugo mbere y’uko igitero kiba.
Iryo shyaka ryamaganye Hezbollah, rivuga ko ibyabaye ari ingaruka z’imirwano yayo ituma intambara igera mu bice bituwe n’abasivile.

