Trump ahanganye n’icyemezo gikomeye: gukomeza kongera igitutu cyangwa kwinjira mu biganiro
Visi Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika JD Vance yavuze ko hari ibyavuye mu biganiro bya bo byari bishimishije n’ibindi bitari byiza.
Yabisobanuye avuga ko ari “inkuru nziza” kuko habayeho ibiganiro byimbitse kandi bifatika hagati y’impande zombi n’Abanya-Irani, ariko ko ari “inkuru mbi” kuko nta masezerano yigeze agerwaho.
Yagaragaje ko uruhande rw’Amerika rwagiye muri ibyo biganiro rwizeye ko Irani, ikomeje kuvugwa ko yashegeshwe n’intambara, yashoboraga kwemera vuba zimwe mu ngingo zashyizweho. Nyamara Vance yavuze ko Irani yanze izo ngingo igira iti: “Ntibemeye ibyo twasabye.”
Ku rundi ruhande, Irani na yo ngo ifite ibyo idashobora kurenga. Yagiye muri ibyo biganiro yiyumva nk’ufite ijambo rikomeye, nubwo ububasha bwayo bwa gisirikare bwaba bwaragabanutse, ikaba igaragaza ko ishobora no gukomeza guhangana.
Irani kandi igikomeje kwishingikiriza ku mwanya ifite ku muhora wa Hormuz, ufatwa nk’ingenzi cyane mu bucuruzi bw’ibikomoka kuri peteroli.
Byibutswa ko no mu masezerano ya nikleyeri yasinywe hagati ya Tehran na Washington mu myaka icumi ishize, ibiganiro byari byarafashe igihe kirekire cyane, kigera hafi ku mezi 18 y’imishyikirano n’intambwe ziganisha ku bwumvikane n’ukutavuga rumwe.
Mu miterere y’iki kibazo, Perezida Donald Trump ahagaze imbere y’icyemezo gikomeye: gukomeza kongera igitutu cyangwa kwinjira mu nzira y’ibiganiro.

