AmakuruImikino

Messi yaguze ikipe yo muri Espagne

Icyamamare mu mupira w’amaguru Lionel Messi ukomoka muri Argentine, ubu yatangiye urugendo rushya mu buyobozi bw’ikipe ya Cornella yo muri Espagne ikina mu cyiciro cya gatanu, aho yamaze kuyigura ku mugaragaro.

Messi w’imyaka 38, uzwi cyane kubera ibihe by’agahebuzo yagiriye muri FC Barcelona, aho yafashije iyi kipe kwegukana UEFA Champions League inshuro enye ndetse na La Liga inshuro 10, ubu akinira Inter Miami yo muri Major League Soccer muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Ubuyobozi bwa Cornella bwatangaje ko “Leo Messi watsindiye Ballon d’Or inshuro umunani yamaze kugura iyi kipe ku mugaragaro,” bishimangira intambwe nshya mu mateka ya yo.

Iyi kipe yongeyeho ko iki cyemezo kigaragaza isano ya hafi Messi afitanye na Barcelona, ndetse n’icyerekezo cye cyo guteza imbere umupira w’amaguru n’impano z’abakinnyi bo muri Catalonia.

Messi yavuye muri Argentine akiri muto afite imyaka 13 yerekeza muri Espagne, aho yaje gutangira gukinira ikipe nkuru ya Barcelona afite imyaka 17 mu 2004. Muri rusange, yatsindiye Barcelona ibitego 672 mu mikino 778, bituma aba umukinnyi w’ibihe byose watsindiye iyi kipe ibitego byinshi, mbere yo kwerekeza muri Paris Saint-Germain mu 2021, nyuma akajya muri Inter Miami mu 2023.

Ikibuga cya Cornella gifite ubushobozi bwo kwakira abantu 1,500. Abakinnyi bazwi nka David Raya, ubu ni umunyezamu wa Arsenal, ndetse na Jordi Alba wahoze muri Barcelona akaba akinira Inter Miami, na bo banyuze muri iyi kipe.

Ubuyobozi bwa Cornella bwagize buti: “Kwinjira kwa Leo Messi bitangije igice gishya mu mateka y’iyi kipe, kigamije guteza imbere imiterere y’imikino, imiyoborere, no gushora imari mu kuzamura impano nshya”.

Bongeyeho ko uyu mushinga ushingiye ku ntego z’igihe kirekire, kubaka urufatiro rukomeye no guteza imbere isano ikomeye n’aho iyi kipe ikorera.

Ku rundi ruhande, Cristiano Ronaldo wahoze ahanganye na Messi igihe kinini muri Real Madrid, na we mu Gashyantare uyu mwaka yaguze imigabane ingana na 25% mu ikipe ya Almería yo mu cyiciro cya kabiri muri Espagne, mu gihe akomeje gukinira Al-Nassr muri Saudi Arabia.

Messi Ubu akinira ikipe ya Inter Miami yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (Ifoto: Interineti)

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *