Abakinnyi ba Irani bahawe ubuhungiro muri Australia
Abakinnyi batanu bo mu ikipe y’umupira w’amaguru y’abagore yo muri Irani bahawe ubuhungiro muri Australia nyuma yo gukurwa mu gikombe cy’Aziya, nk’uko leta y’i Canberra yabitangaje.
Abo bagore bari bategereje gusubira iwabo n’indege, ariko abafana bagaragaje impungenge ku mutekano wa bo nyuma y’uko iyi kipe yanze kuririmba indirimbo yubahiriza igihugu cya Irani mbere y’umukino bahuriyemo na Koreya y’Epfo mu cyumweru gishize.
Ibyo byatumye banengwa cyane muri Irani, aho umunyamakuru umwe yabashinje ko ari “abahemu mu gihe cy’intambara” ndetse asaba ko bahabwa ibihano bikomeye nk’uko BBC ibitangaza.
Minisitiri ushinzwe abinjira n’abasohoka muri Australia, , yavuze ko abo bakinnyi “bajyanywe ahantu hatekanye” n’igipolisi cya Australia. Yongeyeho ko n’abandi bari muri iyo kipe bemerewe kuguma muri icyo gihugu.
Yagize ati: “Barashaka kugaragaza neza ko atari abanyapolitiki. Ni abakinnyi bifuza gusa kugira umutekano,” yongeraho ko ibiganiro kuri iki kibazo byari bimaze iminsi itari mike.
Iki kibazo cyatumye n’abanyapolitiki bo mu mahanga batangira kubivugaho. Ku wa Mbere w’ejo hashize, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, , yasabye Australia guha ubuhungiro abo bakinnyi, avuga ko mu gihe Australia yabyanga, Amerika yiteguye kubakira.
Nyuma ya ho, Trump yavuze ko yavuganye na Minisitiri w’Intebe wa Australia, , kandi ko “batanu bamaze kwitabwaho, abandi na bo bari mu nzira”.
Trump yavuze kandi ko bamwe mu bagize iyo kipe bafite impungenge ku mutekano w’imiryango ya bo iri muri Irani, ibintu bishobora kugira ingaruka ku cyemezo cya bo cyo kumenya niba baguma mu mahanga cyangwa bagasubira iwabo.
Ibi yabivuze mu gihe hakomeje impaka nyinshi ku bijyanye na politiki y’ubuhungiro muri Amerika, kuko mu mezi ashize ubutegetsi bwe bwohereje muri Irani bamwe mu Banya-Irani bari basabye ubuhungiro muri Amerika.
Kuva umwaka ushize kandi, ubutegetsi bwe bwahagaritse inzira nyinshi z’abimukira baturuka mu bihugu bitandukanye birimo na Irani.


