Abanyeshuri bo muri Iran mu myigaragambyo ikaze bamagana leta
Abanyeshuri bo muri kaminuza zitandukanye muri Irani bateguye imyigaragambyo yo kwamagana leta – ikaba ari yo ya mbere ikomeye ibaye nyuma y’aho ubutegetsi buhagarikiye bikomeye indi yari yabaye mu kwezi gushize.
BBC dukesha iyi nkuru yabonye amashusho y’abanyeshuri bari muri iyi myigaragambyo kuri Sharif University of Technology i Tehran ku wa Gatandatu w’wjo hashize. Nyuma y’aho habayeho imirwano hagati ya bo n’abashyigikiye leta.
Ku yindi kaminuza yo muri Tehran, abanyeshuri bagaragaye bari mu myigaragambyo, hanavugwa urugendo rwateguwe mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bw’igihugu. Aba banyeshuri barimo bibuka ibihumbi by’abishwe mu myigaragambyo ikomeye yabaye muri Mutarama.
Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zimaze iminsi zegeranya ingabo n’ibikoresho hafi ya Irani. Perezida Donald Trump yavuze ko ari gutekereza ku gitero gito gishobora gukorwa. Amerika n’ibihugu by’i Burayi bikeka ko Irani iri kugana ku gukora intwaro kirimbuzi ya nikleyeri, ibyo Irani ihakana.
Abayobozi ba Amerika n’aba Irani bahuriye mu Busuwisi ku wa Kabiri w’iki cyumweru, bavuga ko hari intambwe yatewe mu biganiro byo guhagarika gahunda ya nikleyeri ya Irani. Ariko nyuma, Trump yavuze ko mu minsi icumi iri imbere hazamenyekana niba hazabaho amasezerano cyangwa niba Amerika izifashisha ingufu za gisirikare.
Trump yanashyigikiye imyigaragambyo yabaye mu kwezi gushize, agaragaza ko ayitera inkunga.
Amashusho yemejwe na BBC agaragaza amagana y’abigaragambya – benshi bafite amabendera ya Irani – bari mu rugendo rw’amahoro muri Sharif University of Technology. Bavugaga amagambo yo kwamagana ubuyobozi bw’ikirenga burangajwe imbere na Ali Khamenei Ayatollah.
Hari kandi amashusho agaragaza abashyigikiye leta, nyuma hakaba imirwano hagati y’impande zombi. Andi mashusho agaragaza imyigaragambyo yabereye kuri Shahid Beheshti University no kuri Amirkabir University of Technology, aho abanyeshuri baririmbye indirimbo zamagana leta.

Mu mujyi wa Mashhad, uwa kabiri mu bunini muri Irani, habaye indi myigaragambyo aho humvikanye amagambo asaba ubwigenge n’uburenganzira bwa bo.
Ntiharamenyekana neza niba hari abatawe muri yombi. Mu kwezi gushize, hadutse imyigaragambyo ishingiye ku buzima buhenze, yitabirwa n’abantu benshi, ikaba yarabaye iya mbere ikomeye kuva impinduramatwara ya 1979 yashyiraho ubutegetsi bwa kisilamu.
Ishyirahamwe Human Rights Activists News Agency (HRANA) rifite icyicaro muri Amerika ryatangaje ko abantu nibura 6,159 bishwe muri iyo myigaragambyo, barimo abigaragambya, abana ndetse n’abari ku ruhande rw’ubutegetsi. Rivuga kandi ko hari abandi 17,000 bari gukorwaho iperereza ku byavuzwe ko bapfuye.
Abategetsi ba Irani batangaje ko abarenga 3,100 bishwe, bavuga ko benshi muri bo bari abashinzwe umutekano cyangwa abari bari kwirwanaho batewe n’abigumuye.
Imyigaragambyo yo ku wa Gatandatu yabaye mu gihe Irani iri kwitegura igitero gishobora gukorwa n’Amerika. Abanyapolitiki bari mu buhungiro bakomeje gusaba Trump kuva ku magambo ahubwo agafata icyemezo cyo gutera, mu gihe andi matsinda atavuga rumwe n’ubutegetsi atifuza igitero giturutse hanze.
Impande zombi zimaze igihe zishinjanya gukwirakwiza amakuru atari yo ku mbuga nkoranyambaga, buri ruhande rugerageza kugaragaza uko rubona icyifuzo cy’Abanya-Irani.

