AmakuruPolitiki

Amerika yagabye igitero karundura muri Syria

Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zatangaje ko zagabye igitero gikomeye cyane ku mutwe wa leta ya Kisilamu (IS) muri Siriya, nyuma y’igitero cyahitanye abasirikare babiri b’Amerika n’umusivile wabakoreraga nk’umusemuzi i Palmyra ku wa 13 Ukuboza.

Ubuyobozi bw’ingabo z’Amerika mu karere ko hagati (Centcom) bwavuze ko indege z’intambara, kajugujugu n’imbunda ziremereye byagabye ibitero zipima inshuro zirenga 70 mu bice bitandukanye byo hagati muri Siriya, hakoreshejwe ibisasu byifashisha ikoranabuhanga rihanitse birenga 100, kandi indege zo muri Yorudaniya na zo zabigizemo uruhare.

Igikorwa cyiswe Operation Hawkeye Strike cyatangiye ejo hashize ku wa Gatanu saa kumi n’ebyiri z’umugoroba ku isaha y’Amerika.

Perezida Donald Trump yavuze ko Amerika iri kwihorera bikomeye cyane, anongeraho ko Guverinoma ya Siriya ibishyigikiye. Umuyobozi wa Centcom, Admiral Brad Cooper, yatangaje ko Amerika izakomeza guhiga no kurwanya iterabwoba ryose rigamije kugirira nabi Abanyamerika n’abafatanyabikorwa ba bo.

Minisitiri w’Ingabo w’Amerika, Pete Hegseth, yavuze ko icyo gikorwa kitari intambara nshya ahubwo ari ukwihorera, ashimangira ko uzagaba igitero ku Banyamerika azashakishwa agahanwa bikomeye.

Ku rundi ruhande, Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu muri Siriya (SOHR) watangaje ko ibirindiro bya IS hafi ya Raqqa na Deir ez Zor byagabweho ibitero, bikaba byarahitanye umuyobozi ukomeye wa IS n’abandi barwanyi benshi. IS ntiyigeze igira icyo ibivugaho.

Centcom yavuze ko uwagabye igitero i Palmyra yari umurwanyi wa IS wahise yicwa, mu gihe SOHR yo ivuga ko uwo muntu yari mu nzego z’umutekano za Siriya. Nta mutwe n’umwe uratangaza ko ari wo wagabye icyo gitero.

Nubwo IS yatakaje uduce twinshi muri Siriya kuva mu 2019, Umuryango w’Abibumbye uvuga ko igifite abarwanyi bari hagati ya 5,000 na 7,000 muri Siriya no muri Iraki, mu gihe ingabo z’Amerika zikomeje kuba muri Siriya mu rwego rwo kurwanya uwo mutwe.

Tanga Igitekerezo

email ntizatangazwa Ningombwa *