Bobi Wine yavuye mu gihugu nyuma y’amezi abiri yihishe
Umunyapolitiki wo muri Uganda utavuga rumwe n’ubutegetsi, Bobi Wine, yavuze ko yavuye mu gihugu nyuma yo kumara amezi abiri yihishe, bitewe n’amatora yabaye muri Mutarama yaranzwe n’impaka.
Bobi Wine yavuze ko yagiye mu mahanga gukora “imirimo ikomeye”, harimo no gusaba amahanga kudakomeza gushyigikira Perezida Yoweri Museveni.
Uyu muhanzi w’injyana ya pop wahindutse umunyapolitiki, amazina ye nyakuri akaba ari Robert Kyagulanyi Ssentamu, yakomeje kuvuga ko ari we watsinze amatora ya perezida, akavuga ko yaranzwe n’uburiganya kugira ngo Museveni, umaze ku butegetsi kuva mu 1986, abe ari we utangazwa ko yatsinze. Museveni w’imyaka 81 ni we watangajwe nk’uwatsinze ayo matora n’amajwi 72%.
Yashinje abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe gushaka guhindura ibyatangajwe ko byavuye mu matora binyuze mu myigaragambyo.
Mu mashusho y’iminota itanu yashyize ku rubuga rwa X, Bobi Wine yasabye ko Museveni yafatirwa ibihano. Ni bwo bwa mbere yari agaragaye ku mugaragaro nyuma y’ibyumweru byinshi.
Mu gihe bamwe mu bayobozi ba leta bahakana ko inzego z’umutekano ziri gushakisha Bobi Wine, umuhungu wa Museveni, Muhoozi Kainerugaba, Umugaba w’Ingabo za Uganda, yari yavuze ko “bamushaka ari muzima cyangwa yapfuye”, ndetse amutera ubwoba ko azamufata. Nyuma ubu butumwa bwaje gusibwa kuri konti ye ku rubuga rwa X. Nta cyaha na kimwe Bobi Wine yashinjwe ko yakoze.
BBC dukesha iyi nkuru yasabye polisi kugira icyo ivuga kuri ibi birego, ariko kugeza ubu ntacyo irasubiza.
Bobi Wine w’imyaka 44 yavuze ko abategetsi bakomeje gusaka ingo z’abanywanyi be bamushakisha, harimo no ku wa Kane, ndetse bagashyira za bariyeri mu bice bitandukanye by’igihugu. Yavuze kandi ko inzu ye iri mu murwa mukuru Kampala igikikijwe n’ingabo, nk’uko byari bimeze kuva ku munsi w’amatora.
Muri iyo videwo yagize ati: “Ndashimira cyane bagenzi banjye b’Abanya-Uganda mwampishe mukandinda igihe cyose ubutegetsi bwari buri kunshakisha”.
Yavuze ko nta tegeko yigeze arenga, anashimangira ko “kwiyamamariza umwanya wa perezida atari icyaha.”
Nyuma y’imyigaragambyo yo kwamagana ibyavuye mu matora, Kainerugaba—ukunze kugarukwaho nk’ushobora kuzasimbura se ku butegetsi—yavuze ko abantu 30 bo mu ishyaka rya Bobi Wine bashinjwaga ibikorwa by’iterabwoba bishwe.
