Inkuru Nyamukuru

Burundi: Bunyoni wahoze ari Minisitiri w’Intebe yafunguwe

Alain Guillaume Bunyoni, wahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Burundi, yarekuwe nyuma y’imyaka hafi itatu afunzwe.

Umwe mu bo mu muryango we yemeje ko Bunyoni yarekuwe.

Umuyobozi umwe mu nzego z’iperereza mu Burundi yabwiye BBC dukesha iyi nkuru ko Bunyoni hamwe n’abandi bantu 10 barekuwe ku mpamvu z’uburwayi.

Alain Guillaume Bunyoni, wahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Burundi, yafunzwe muri Mata 2023 ku byaha birimo kugambanira igihugu, gutegura ibikorwa byo gukomeretsa cyangwa guteza akaga ku mukuru w’igihugu, kwangiza umutungo w’igihugu, kubona inyungu z’akazi zitubahirije amategeko maze urukiko rumukatira igifungo cya burundu nubwo yahakanye ibyaha byose yaregwaga.

Bunyoni yafunguwe hamwe n’abandi bantu 10 (Ifoto: Interineti)
Bunyoni yari amaze imyaka hafi itatu afunze (ifoto: BBC)

Tanga Igitekerezo

email ntizatangazwa Ningombwa *