AmakuruUbumenyi

Canada yakuye Siriya ku rutonde rw’ibihugu bishyigikira iterabwoba

Kanada (Canada) yakuye Siriya ku rutonde rw’ibihugu bishyigikira iterabwoba, ishingiye ku cyemezo cy’Amerika n’imbaraga leta ya Perezida Ahmed al-Sharaa iri gushyira mu kugarura umutekano n’ituze mu gihugu.

Ibi byatangajwe mu gihe Siriya igiye kumara umwaka umwe Bashar al-Assad avanywe ku butegetsi.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Kanada yanakuye HTS ku rutonde rw’imitwe y’iterabwoba, umugaba mukuru w’uyu mutwe akaba ari na wo wafashije mu guhirika al-Assad. Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga yavuze ko ibi byemezo bishingiye ku buryo inzibacyuho za Siriya iri kubaka igihugu gihuza bose no kongera umutekano mu karere.

Nubwo ibyo byakuweho, Kanada ikomeje gufatira ibihano abantu 56 bo muri leta ya kera yari iyobowe na Al-Assad n’umuryango we. Amerika na yo yagabanyije ibihano kuri Siriya nyuma y’ibiganiro hagati ya Al-Sharaa na Donald Trump, ndetse Amerika ishyira Al-Sharaa mu batandukanye b’iterabwoba.

Al-Sharaa, wahoze mu mutwe w’iterabwoba wa Al-Qaeda, yahinduye isura nyuma yo kujya ku butegetsi, asezeranya guteza imbere Siriya, akayigira nshya, ituje kandi ihuza bose, ndetse aherutse kwitabira inama y’inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye, avuga ko igihugu cye kiri kongera umwanya wa cyo mu ruhando mpuzamahanga.

Ibindi bihugu biri ku rutonde rw’ibishyigikira iterabwoba ni Iran, Cuba na Koreya ya Ruguru. Ibindi bihugu byahoze kuri uru rutonde bikaza kuruvaho ni Iraq, Libya, Yemen y’Epfo na Sudan.

Tanga Igitekerezo

email ntizatangazwa Ningombwa *