AmakuruPolitiki

Gen. Muhoozi yasabye imbabazi USA nyuma yo guteza impaka z’ibyo yashinjaga Ambasade y’Amerika muri Uganda

Umuhungu wa Perezida wa Uganda, akaba n’Umugaba w’Ingabo z’igihugu (UPDF), Gen. Muhoozi Kainerugaba, yateje impaka zikomeye ku mbuga nkoranyambaga mu ijoro ryakeye, nyuma yo kohereza ubutumwa bunenga Ambasade y’Amerika muri Uganda. Ibyo byabaye nyuma yo gukekwa ko iyo ambasade yafashije umuyobozi utavuga rumwe n’ubutegetsi, Robert Kyagulanyi Ssentamu, uzwi cyane ku izina rya Bobi Wine.

Kyagulanyi yaje ku mwanya wa kabiri mu matora rusange yabaye ku ya 15 Mutarama 2026, ubwo Perezida Museveni, se wa Gen. Muhoozi, yatsindaga ku majwi menshi.

Gen. Muhoozi, umujyanama mukuru wa Perezida Museveni mu by’umutekano n’ibikorwa byihariye bya gisirikare, yavuze ko Ambasade y’Amerika yagize uruhare mu gufasha Kyagulanyi kuva mu rugo rwe i Magere, mu Karere ka Wakiso, mu gikorwa cya gisirikare cyabaye mu ijoro ry’iya 16 Mutarama 2026.

Mu butumwa yashyize kuri X, Gen. Muhoozi yagize ati: “Bavandimwe banjye b’Abagande, bitewe n’uko uyu muyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi yiyambuye ubuzima bwe, kandi dukurikije amakuru yacu twizeye, ibi bikorwa byakozwe ku bufatanye n’ubuyobozi bw’Ambasade y’Amerika mu gihugu cyacu. Kubera iyo mpamvu, UPDF yahagaritse ubufatanye bwose n’ubuyobozi bw’Ambasade y’Amerika i Kampala, harimo n’ubufatanye muri Somaliya. Ubufatanye bw’umutekano hagati ya Uganda n’Amerika bwari bufite agaciro gakomeye, bwahungabanyijwe cyane kuva mu 2015 n’imirimo idasobanutse ya ambasade”.

Nyuma yo gushyira ubwo butumwa hanze, Gen. Muhoozi yasibye amagambo ye maze asaba imbabazi agira tai: “Ndashaka gusaba imbabazi inshuti zacu zikomeye, Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, ku butumwa nashyize kuri X mbere, namaze kubusiba. Nari mfite amakuru atari yo. Navuganye n’Ambasaderi w’Amerika mu gihugu cyacu kandi ibintu byose biri mu buryo. Tuzakomeza ubufatanye mu by’ingabo nk’uko bisanzwe”.

Yanavuze ko igihugu cyose cy’amahanga gishobora kugerageza gusohora Kyagulanyi mu buryo butemewe n’amategeko, bigateza amakimbirane akomeye hagati ya Uganda n’icyo gihugu.

Ku ya 24 Mutarama 2026, Kyagulanyi yavuze ko abasirikare bateye urugo rwe nijoro, bagabye igitero ku bakozi be ndetse bahohoteye umugore we, Barbara Kyagulanyi.

Ibi bikorwa byongeye gukaza amakimbirane ya politiki na dipolomasi muri Uganda, bitera impungenge ku burenganzira bw’abaturage, umutekano, ndetse n’uruhare rw’impuzamahanga mu bikorwa bya politiki y’imbere mu gihugu.

Gen. Muhoozi Kainerugaba yateje impaka ku mbuga nkoranyambaga (Ifoto: BBC)

Tanga Igitekerezo

email ntizatangazwa Ningombwa *