Inkuru Nyamukuru

Gen. Muhoozi yategetse abasirikare kuzana Bobi Wine, yaba ari muzima yangwa umupfu

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda yatangaje ko igisirikare cyahawe amabwiriza mashya asaba ko umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi, Bobi Wine, atabwa muri yombi “ari muzima cyangwa apfuye”, nyuma y’uko akomeje kwihisha.

Jenerali Muhoozi Kainerugaba yabitangaje abinyujije ku rubuga rwa X, aho yavuze ko mu masaha 24 ashize bari bahagaritse ibikorwa byo kumushakisha, babyemejwe n’Umugaba Mukuru w’ikirenga, Perezida Yoweri Museveni, uherutse gutsinda amatora agahabwa manda ya karindwi.

Muhoozi yavuze ko amakuru bafite agaragaza ko Bobi Wine ashobora kuba ashaka kwishyikiriza inzego z’umutekano mu mahoro, ariko ko atabikoze, ingabo zahise zihabwa itegeko ryo kumuzana uko byagenda kose. Ati: “Ubu dufite amabwiriza yo kumuzana ari muzima cyangwa apfuye”.

Bobi Wine, amazina ye nyayo akaba ari Robert Kyagulanyi Ssentamu, amaze iminsi yihishe kuva mbere gato y’itangazwa ry’ibyavuye mu matora aheruka ya Uganda. Mu cyumweru cyashize, Muhoozi yari yamuhaye amasaha 48 ngo abe yishyikirije polisi, ariko ntiyabikoze, kandi ibikorwa bya gisirikare byo kumushakisha ntibyatanze umusaruro.

Uyu munyapolitiki atavuga rumwe n’ubutegetsi avuga ko hari umugambi wo kumugirira nabi, ari na yo mpamvu yahisemo guhunga iwe, ubwo abasirikare bageraga ku rugo rwe ku wa Gatanu tariki ya 16 Mutarama 2026, mbere gato y’itangazwa ry’ibyavuye mu matora.

Mu matora aheruka, Perezida Museveni yatangajwe nk’uwatsinze ku majwi 71%, mu gihe Bobi Wine yamukurikiye yagize amajwi 24%.

Gen. Muhoozi yategetse abasirikare kuzana Bobi Wine, yaba ari muzima cyangwa umupfu (Ifoto: BBC)

Jenerali Muhoozi avuga ko Bobi Wine ashinjwa gushishikariza abaturage imyigaragambyo n’ibikorwa by’urugomo, nubwo kugeza ubu nta cyemezo cy’ubucamanza kirasohoka kimutegeka gufatwa nk’uko BBC yabitangaje.

Abasesenguzi mu bya politiki bavuga ko ubutegetsi bwa Kampala bufite impungenge z’uko Bobi Wine aramutse agaragaye mu ruhame, ashobora guhamagarira abaturage imyigaragambyo ikomeye ishobora guhungabanya ubutegetsi bwa Perezida Museveni.

Mu mpera z’iki cyumweru gishize, Bobi Wine yashyize ahagaragara amashusho avuga ko agikomeje kwihisha kubera amakuru afite y’umugambi wo kumugirira nabi. Muri ayo mashusho, yamaganye igitero avuga ko cyagabwe ku rugo rwe n’abasirikare benshi, bagasahura ibintu by’agaciro byo mu nzu, ndetse bakagirira nabi umugore we, Barbie Kyagulanyi, wahise ajyanwa kwa muganga.

Ku byavuzwe n’umuryango wa Bobi Wine, Jenerali Muhoozi yasubije avuga ko abasirikare be batigeze bakubita Barbie Kyagulanyi. Ati: “Abasirikare banjye ntibakubita abagore. Si akazi kacu. Icyo turi gukora ni uguhiga umugabo we…”.

Bobi Wine akomeje kwihisha (Ifoto: Internineti)

Tanga Igitekerezo

email ntizatangazwa Ningombwa *