AmakuruPolitiki

Hazaba intambara y’akarere, Amerika niramuka iteye-Ayatollah

Umuyobozi w’ikirenga wa Irani, Ayatollah Ali Khamenei, yaburiye ko igitero icyo ari cyo cyose cyagabwa ku gihugu cye cyashobora guteza intambara ikwirakwira mu karere kose, mu gihe Amerika ikomeje kwegeranya ingabo n’ibikoresho bya gisirikare muri ako gace.

Khamenei yavuze ko Abanyamerika bakwiye kumenya ko nibaramuka batangije intambara, izahinduka intambara y’akarere, nk’uko yabitangarije ikinyamakuru Tasnim gifitanye isano na Leta ya Irani.

Mbere y’aho, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Trump, yari yatangaje ko Irani iri mu biganiro bikomeye, agaragaza icyizere ko byazatanga umusaruro wizewe. Ku rundi ruhande, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Irani, Abbas Araghchi, yabwiye CNN ko na we yizeye ko bashobora kugera ku masezerano ku bijyanye na gahunda ya nikeleyeri ya Tehran.

Trump yari yaraburiye Irani ko ishobora kugabwaho igitero kubera imigambi ya yo ya nikeleyeri, ndetse n’ibikorwa byo guhohotera abigaragambya bamagana ubutegetsi.

Araghchi yavuze ko bibabaje kuba Irani yarataye icyizere Amerika nk’igihugu bafitanye ibiganiro, ariko anongeraho ko ubutumwa buri guhanahanwa hagati y’ibihugu bikomeye byo mu karere buri gufasha kugira ngo habe ibiganiro byiza na Washington.

Mu rwego rwo kwitegura, Amerika yohereje ubwato bwa yo bw’intambara USS Abraham Lincoln muri ako karere, mu mpera z’icyumweru gishize, aho abayobozi b’ingabo z’Amerika batangaje ko buri mu Nyanja y’Abarabu.

Khamenei yavuze ko Trump ahora avuga ko yazanye amato y’intambara, ariko ashimangira ko Irani itazaterwa ubwoba n’ibyo.

Ku wa kane, Trump yatangaje ko yabwiye Irani ibintu bibiri igomba gukora kugira ngo Amerika idatera icyo gihugu: icya mbere ni uguhagarika gahunda ya nikleyeri, icya kabiri ni guhagarika kwica abigaragambya.

Ishami rikorana ubushakashatsi ku burenganzira bwa muntu rifite icyicaro muri Amerika, Human Rights Activists News Agency, rivuga ko abantu barenga 6,300 bamaze kwicwa kuva imyigaragambyo yatangira mu mpera z’Ukuboza umwaka ushize, kandi ko hari iperereza rikomeje ku bandi bagera ku 17,000 bivugwa ko bapfuye.

Irindi shyirahamwe rya Irani rifite icyicaro muri Noruveje, Iran Human Rights (IHR), ritangaza ko umubare w’abapfuye ushobora kuba urenze 25,000.

Abigaragambya babwiye BBC ko imbaraga z’ikirenga zikoreshwa n’inzego z’umutekano mu guhosha iyo myigaragambyo zitigeze ziboneka mbere.

Ku cyumweru, Khamenei yashinje abigaragambya kugaba ibitero ku bigo bya polisi, ku ngabo zishinzwe kurinda impinduramatwara ya Kisilamu (Iranian Revolutionary Guards Corps – IRGC), ndetse no ku zindi nyubako zirimo amabanki n’imisigiti.

Yavuze ko abo bigaragambya bari bateguye guhirika ubutegetsi, ariko ko umugambi wa bo wananiwe.

Ayatollah, Umutegetsi w’ikirenga wa Iran (Ifoto: BBC)

Tanga Igitekerezo

email ntizatangazwa Ningombwa *