AmakuruUbuzima

Ibiciro bya peteroli byagabanutse nyuma y’agahenge ko gufungura umuhora wa Hormuz

Ibiciro bya peteroli byagabanutse cyane ku rwego mpuzamahanga, mu gihe amasoko y’imigabane yazamutse, nyuma y’uko Amerika na Iran bemeranyije agahenge k’igihe cy’ibyumweru bibiri karimo no kongera gufungura umuhora wa Hormuz.

Peteroli ya Brent ifatwa nk’ishingiro ku isoko mpuzamahanga yagabanutseho hafi 13% igera ku madolari 94.80 ku kagunguru, naho iyo muri Amerika igabanukaho hejuru ya 15% igera ku madolari 95.75 ku kagunguru. Gusa ibiciro biracyari hejuru ugereranyije n’ibiciro byariho mbere y’intambara yatangiye ku wa 28 Gashyantare, aho icyo gihe igiciro cyari hafi amadolari 70 ku kagunguru.

Ibiciro by’ibitoro byari byazamutse bikabije kubera guhungabana kw’ibitangwa bya peteroli na gaze mu Burasirazuba bwo Hagati, nyuma y’uko Iran ibangamiye amato anyura muri Hormuz mu kwihorera ku bitero by’Amerika na Israel.

Ku masoko y’imigabane, ibipimo byo muri Aziya byazamutse cyane: Nikkei 225 ryo mu Buyapani ryazamutseho 5%, Kospi yo muri Koreya y’Epfo izamukaho hafi 6%, Hang Seng yo muri Hong Kong izamukaho 2.8%, naho ASX 200 yo muri Australia izamukaho 2.7%. No muri Amerika, ibiteganyijwe ko isoko rya Wall Street rizazamuka nk’uko BBC ibitangaza.

Donald Trump yatangaje ko yemeye guhagarika ibitero kuri Iran mu byumweru bibiri, asaba ko na yo ifungura Hormuz mu mutekano. Iran na yo yavuze ko yemera agahenge mu gihe ibitero byahagaritswe.

Abasesenguzi bavuga ko kwirinda gukomeza intambara byari ingenzi kugira ngo hirindwe izamuka rikabije ry’ibiciro by’ibitoro ryangiza ubukungu.

Biteganyijwe ko amato menshi azongera kunyura muri Hormuz mu gihe cy’agahenge, nubwo ibikorwa by’ibitoro bishobora gutinda gusubira ku murongo kubera ibyangiritse ku bikorwaremezo, bishobora gusaba miliyari zisaga 25 z’amadolari no gufata imyaka myinshi bisanwa.

Ibihugu byo muri Aziya byibasiwe cyane n’ingaruka z’iyi ntambara, kuko bishingira cyane ku bitoro bituruka mu Burasirazuba bwo Hagati. Philippines yamaze gutangaza ibihe bidasanzwe mu rwego rw’ibitoro, mu gihe ibigo by’indege byazamuye ibiciro by’ingendo.

Impuguke zivuga ko nubwo agahenge ari inkuru nziza, bizatwara igihe kugira ngo ibiciro bya peteroli bisubire ku rwego rusanzwe, cyane cyane niba amahoro arambye ataraboneka.

Ifoto y’umuntu utanga ibitoro kuri sitasiyo (Ifoto: GETTY IMAGES)

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *