AmakuruPolitiki

Iby’ingenzi ku ntambara iri kubera mu burasirazuba bwo hagati

Turakomeza kubagezaho amakuru mashya ku ntambara iri gukomeza hagati y’Amerika ifatanyije na Israel mu kurwana na Iran.

Igisirikare cy’Amerika cyemeje ko indege ikoreshwa mu gutanga ibitoro ku zindi ndege (drone) yagize impanuka mu burengerazuba bwa Iraq, nyuma y’ikibazo cyabaye hagati y’indege ebyiri. Ibiro bikuru bya gisirikare by’Amerika muri ako karere byavuze ko ibyo byabereye mu kirere kiri mu maboko y’abafatanyabikorwa b’ibi bitero, byitwa “Operation Epic Fury”, kandi ibikorwa by’ubutabazi bikomeje muri ako gace.

Mu gihe kimwe, Perezida w’Ubufaransa, Emmanuel Macron, yatangaje ko umusirikare w’Ubufaransa yishwe mu gitero cy’indege zitagira abapilote (drones) mu karere ka Erbil muri Iraq, abandi benshi bagakomereka. Uwo musirikare ni we wa mbere w’Ubufaransa wapfuye kuva iyi ntambara yo mu burasirazuba bwo hagati itangira.

Israel na yo yatangaje ko yatangiye igitero kinini ku bikorwa remezo biri i Tehran, umurwa mukuru wa Iran. Mbere y’icyo gitero, Israel yari imaze kongera kugaba ibitero ku miryango ya Hezbollah mu majyepfo ya Liban no mu murwa mukuru Beirut.

Mu gihe ibyo byose biri kuba, umukuru mushya w’ikirenga wa Iran, Mojtaba Khamenei, yatangaje ko Iran izakomeza kubuza ubwato guca mu muhora wa Hormuz. Gusa kugeza ubu, ntiyigeze agaragara ku mugaragaro kuva igitero cyahitanye se, Ayatollah Ali Khamenei, bigatuma havugwa byinshi ku buzima bwe.

Uwo mutegetsi mushya yanerekanye ko Iran ishobora gukomeza kugaba ibitero ku birindiro by’Amerika mu bihugu bituranye. Hagati aho, Minisitiri w’Ingabo w’Ubwongereza, John Healey, yavuze ko Ubwongereza bwarashe indege ebyiri za drone z’ibitero byagabwe ku birindiro bya bo biri muri Iraq.

Mojtaba Khamenei, Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran

Tanga Igitekerezo

email ntizatangazwa Ningombwa *