AmakuruImikinoSports

Imitungo ya Cristiano Ronaldo yahungishijwe intambara

Indege bwite ya Cristiano Ronaldo n’umuryango we bahunze ibisasu bya Misile Iran ikomeje kugaba mu bihugu by’ibituranyi birimo na Arabia Saudite aho asigaye aba.

Iyi indege ye bwite ifite agaciro ka Miliyoni 61 z’ama-pound yavuye muri Arabia Saudite mu gicuku cyo ku wa mbere tariki 2 Werurwe 2026.

Ubwo iyi nkuru yamenyakanaga byatangajwe ko na Cristiano  yaba yahunze kubera amakimbirane akomeje gufata indi ntera hagati ya Iran na Israel ifatanyije na Amerika.

Mu murwa mukuru wa Arabia Saudite, Riyadh, aho Ronaldo n’umuryango we batuye, hibasiwe n’ibisasu byaturutse muri Iran mu gihe imirwano igeze ku munsi wa kane hagati y’iki gihugu na Israel ifatanyije n’Amerika.

Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika i Riyadh yarashweho n’indege ebyiri zitagira abapilote mu ijoro ryo ku wa mbere, naho ibitangazamakuru bya Leta ya Iran bitangaza ko inyubako y’ubuyobozi n’abasirikare muri Bahrain na yo yasenywe.

Abanyamahanga benshi bari guhunga Uburasirazuba bwo Hagati bw’isi ari benshi, ndetse amakuru y’urugendo rw’indege ya Ronaldo yerekeza i Madrid yatangiye gukwirakwira mu bitangazamakuru bitandukanye. 

Amakuru y’uru rugendo yagaragaje ko indege yo mu bwoko bwa Bombardier Global Express yakoze urugendo rw’amasaha hafi arindwi yerekeza mu murwa mukuru wa Espagne, aho yahagurutse saa mbiri z’ijoro igera i Madrid hafi saa saba z’ijoro.

Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’Amerika yari yasabye Abanyamerika kuva mu bihugu birenga icumi byo mu Burasirazuba bwo hagati kubera impungenge z’umutekano. 

Abari mu bihugu biri mu burasirazuba bwa Misiri basabwe kuhava byihuse, kandi indege nyinshi zari ziteganyijwe kugera i Riyadh zasubijwe inyuma, mu gihe ibihumbi by’abanyamahanga byageragezaga guhunga intambara.

Tanga Igitekerezo

email ntizatangazwa Ningombwa *