AmakuruPolitiki

Impaka kuri misile za Irani: OTAN iravuga iki ku makuru ya Israel?

Umunyamabanga Mukuru w’umuryango OTAN/NATO, Mark Rutte, yatangaje ko bagikora isuzuma ku makuru yatanzwe na Israel avuga ko Irani ishobora kuba imaze kugira misile zishobora kurasa mu mikuru mikuru y’i Burayi.

Ku wa Gatandatu ushize, igisirikare cya Israel (IDF) cyari cyatangaje ko Irani ishobora kuba ifite ubushobozi bwo kurasa misile zigera mu mijyi nka London, Paris na Berlin.

Aganira na CBS mu kiganiro cyitwa “Face the Nation”, ku Cyumweru, Rutte yavuze ko OTAN itaremeza ayo makuru kugeza ubu, ariko ashimangira ko aramutse yemejwe yaba ari ikimenyetso gikomeye cyerekana ko ingamba ziri gufatwa na perezida w’Amerika ari ingenzi nk’uko BBC yabitangaje.

Yongeyeho ko amakuru bafite agaragaza ko Irani iri hafi cyane kugera kuri ubwo bushobozi bwo kurasa izo misile, nubwo hakiri gukorwa iperereza ngo harebwe niba koko zagera no ku kigo cya gisirikare cy’Ubwongereza, Diego Garcia.

Mu gusoza, yavuze ko niba ayo makuru ari yo, byaba bigaragaza ko Irani yamaze kugera kuri ubwo bushobozi; nubwo yaba atari yo, bigaragaza ko isigaje intera nto cyane ngo ibigereho.

Umunyamabanga Mukuru wa OTAN, ukomoka mu Buholandi, yabitangarije mu kiganiro yagiranye n’igitangazamakuru CBS cyo muri Amerika (Ifoto: BNC)
Ifoto ya Misile

Tanga Igitekerezo

email ntizatangazwa Ningombwa *