AmakuruPolitiki

Impunzi z’Abarundi zirenga 20,000 zimaze gutaha zivuye muri Tanzaniya kuva uyu mwaka watangira

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye Ryita ku Mpunzi (UNHCR) ryatangaje ko impunzi z’Abarundi zimaze gutaha zigeze ku rugero rwa 15% by’umubare w’izari muri Tanzaniya zose, aho mu ibarura ryakozwe mu mpera z’umwaka wa 2025 hagaragaye impunzi z’Abarundi ziri hafi ibihumbi 136.

Mu mezi ashize, habaye ibikorwa bikomeye byo gusubiza impunzi mu gihugu cya bo, cyane cyane izari mu nkambi ziri mu burengerazuba bwa Tanzaniya. UNHCR yabwiye BBC dukesha iyi nkuru ko iki gikorwa cyo gutaha gikorwa ku bushake bw’impunzi kandi kikajyana n’ubufatanye hagati ya leta ya Tanzaniya, u Burundi, na UNHCR-Tanzaniya, mu buryo bwubahiriza uburenganzira n’umutekano wa bo.

Nyamara, bamwe mu bahungiye muri izo nkambi bavuga ko basubizwa mu gihugu cya bo ku gahato ndetse bagasenywaho amazu bari batuye mu nkambi za Nduta na Nyarugusu.

UNHCR ivuga ko intego ari ugucyura nibura impunzi ibihumbi bitatu buri cyumweru, kandi bikorwa mu buryo bwubahirije amategeko. Leta ya Tanzaniya yategetse ko inkambi ya Nduta igomba gufungwa bitarenze ukwezi kwa Gatatu 2026, mu gihe igice cy’inkambi ya Nyarugusu kiganjemo impunzi z’Abarundi kigomba gufungwa bitarenze Kamena 2026, kandi impunzi zabimenyeshejwe mbere.

Bamwe muri izo mpunzi bavuga ko ibibazo bahunze mu Burundi bigihari, bityo batumva impamvu bagomba gucyurwa ku ngufu. Imiryango irengera uburenganzira bwa muntu yabwiye ko ibikorwa biri gukorwa mu nkambi za Nduta na Nyarugusu bishobora guteza ibibazo bikomeye by’ubutabazi ku mpunzi.

Impunzi z’Abarundi zo muri Tanzaniya zikomeje gucyurwa ku bushake (Ifoto: BBC)

Tanga Igitekerezo

email ntizatangazwa Ningombwa *