AmakuruPolitiki

Ingingo 5 AFC/M23 igiye kuganiraho na Leta ya Congo

Ibiganiro byo gushaka amahoro mu burasirazuba bwa DR Congo hagati ya leta ya Kinshasa n’umutwe wa AFC/M23 bigiye kongera gusubukura nk’uko amakuru atandukanye abyemeza, ku nshuro ya mbere bikabera i Burayi.

Radio RFI y’abafaransa ivuga ko ibi biganiro bitegurwa na Qatar kuri iyi nshuro bigiye kubera mu Busuwisi bitangira ku wa mbere tariki 13 Mata kugeza ku wa gatanu muri iki cyumweru.

Nubwo Kinshasa yagiye itsimbarara ku kuvugana n’uyu mutwe iyita “umurongo utukura”, amakuru agaragaza ko ibi biganiro bishobora kwibanda ku ngingo nyamukuru 5 zifatwa nk’ingenzi kurusha izindi.

Gushyira mu bikorwa amasezerano yo mu 2013: M23 ishimangira ko yubuye intwaro kubera ko Leta ya Congo yananiwe kubahiriza ibyo basinye, birimo kurinda umutekano w’abaturage bavuga Ikinyarwanda no kubinjiza mu buzima rusange bw’igihugu.

Agahenge n’ihagarikwa ry’imirwano: Inyungu ya mbere ni ukugenzura ishyirwa mu bikorwa ry’agahenge, kuko impande zombi zikunda kwitana ba mwana ku kurenga ku masezerano yo guhagarika imirwano.

Gushyira intwaro hasi no gusubiza mu buzima busanzwe: Ibiganiro bishobora kureba uburyo abarwanyi ba AFC/M23 bashyira intwaro hasi n’uburyo abayobozi babo bakwinjizwa mu nzego za leta cyangwa igisirikare, nubwo iyi ngingo yakunze guteza impaka cyane muri guverinoma ya Congo.

Kurekura imfungwa: Hari hashize igihe hasinywe amasezerano yo kurekura imfungwa ku mpande zombi nk’ikimenyetso cy’ubwizerane hagati ya Kinshasa na M23.

Ibibazo by’imiyoborere n’ubwenegihugu: M23 ivuga ko irwanira uburenganzira bw’abavuga Ikinyarwanda bakomeje kwicwa cyangwa kwirukanwa bazira inkomoko yabo.

Ibi biganiro byo mu Busuwisi bije nyuma y’ibindi biganiro byagiye bibera i Luanda muri Angola no muri Qatar, bigamije guhosha amakimbirane hagati y’u Rwanda na Congo ashingiye kuri uyu mutwe wa M23.

Sambu Sita Mambu (ibumoso) intumwa ya leta ya Kinshasa na Benjamin Mbonimpa (iburyo) intumwa ya M23 bahana ibiganza nyuma y’uko impande zombi zumvikanye ku masezerano yo guhagarika iminorwa muri Nyakana(7) 2025 i Doha muri Qatar (photo:internet)

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *