AmakuruPolitiki

Intambara yo muri RDC: M23 iratabaza, FARDC igatangaza umugambi wo kubohora Minembwe

Umutwe wa AFC/M23 urwanya leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo uvuga ko ubabajwe n’imirwano ibera mu karere ka Minembwe no mu misozi ihanamiye umujyi wa Uvira kuva uvanye ingabo za wo muri uyu mujyi.

Mu itangazo ryasohotse, AFC/M23 ivuga ko imisozi ihanamiye Uvira yabaye ahantu hakorerwa ibikorwa bya gisirikare bikomeye, bigizwe no gukwirakwiza ingabo n’imbunda zikomeye, kandi ko kabaye icyicaro gikomeye cy’ingabo zikorana na leta ya Kinshasa.

Iri tangazo rivuga ko izo ngabo ziri mu bikorwa byo kwica Abanyamulenge.

Hagati aho, umuvugizi w’igisirikare mu Ntara ya Kivu y’Epfo, Sous-Lieutenant Mbuyi Reagan, asubirwamo na Radio Okapi ikorera muri RD Congo ifashwa na ONU, yemeza ko FARDC irimo ishaka kwisubiza Teritwari ya Minembwe.

Mu itangazo rya AFC/M23, rivuga ko kuva mu cyumweru gishize uduce tutari duke turangwamo ibitero by’ubutasi bikorwa n’igisirikare cya leta gikoresheje indege z’intambara za Sukhoi-25 hamwe n’indege zidafite abapilote (drones).

FARDC iri kurwana na M23 ishaka kwigarurira Teritwari ya Minembwe (Ifoto: BBC)

M23 ishinja ingabo za leta kugota Minembwe, mu kuzibira inzira zinjira n’izisohokamo muri iyo teritwari.

Ivuga ko ibi bitero biri mu rwego rw’ibindi by’imbere muri teritwari, ko byatangiye ku wa 22 Mutarama mu turere twa Mukoko, Gakenke, Point Zéro, Rugezi na Biziba, kandi ko byakomeje kugera mugitondo cy’ejo hashize ku wa Mbere.

Uyu mutwe uvuga ko ibi byose byaturutse ku ngingo ya wo yo kuva mu mujyi wa Uvira hamwe n’ingendo ya Kinshasa yo kurenga ku masezerano yo guhagarika intambara, nk’uko byumvikanywe n’impande zombi, mu gihe ibiganiro bikomeje i Doha.

M23 isaba ko Kinshasa yohererezwa ubutumwa bukomeye kugira ngo ikure ingabo za yo zashyizwe ahagose no muri iyo Teritwari ya Minembwe.

Abategetsi ba Kinshasa, baba abanyapolitiki cyangwa abasirikare, nta cyo bashaka kuvuga kuri ibi bivugwa na AFC/M23.

Abajijwe icyo avuga kuri ibi, Koroneli Mak Hazukay avugira FARDC yasubije BBC dukesha iyi nkuru ko adafite icyo avuga.

Gusa, Sous-lieutenant Mbuyi Reagan Uvugira FARDC mu Ntara ya Kivu y’Epfo asubirwamo na Radio Okapi, yemeza izi ntambara kandi avuga ko intego y’igisirikare ari ukubohoza Minembwe.

Yagize ati: “Duhagaze neza mu ntambara hagati yacu n’inyeshyamba za M23 zishyigikiwe n’u Rwanda, n’inyeshyamba za Twirwaneho, Gumino, na RED Tabara. Intego ni Minembwe. Nidufata iyi teritwari, ibindi bikorwa bizashoboka. Umwanzi ari kuhatakariza.

Umutwe wa Twirwaneho urwana na FARDC, kandi usanzwe ufatanya na M23.

Muri izi ntambara, impande zombi zirasa ku butaka, aho AFC/M23 ishinja ingabo za leta kugaba ibitero mu duce dutuwe n’abasivire, ariko Sous-lieutenant Reagan avuga ko FARDC irinda abasivire mu turere tuberamo izi ntambara, ahubwo agashinja izi nyeshyamba kugaba ibitero by’amasasu ku butaka.

Yabwiye Radio Okapi ati: “Bamaze kubona ko bahatakariza, batera ibisasu mu duce dutuwe n’abasivire benshi. Ariko twebwe, ingabo za leta, ntiturwanira mu duce dutuwe n’abantu benshi, turinda abaturage”.

Izi ntambara zikomeje mu gihe intumwa za Kinshasa hamwe n’iz’umuryango mpuzamahanga zasubiye i Doha muri Qatar mu biganiro.

Muri ibi biganiro, biteganyijwe ko hahuzwa ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano yo guhagarika intambara, harimo guhanahana impfungwa n’agahenge mu ntambara.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Doha itangaza ko izi ntumwa zaraye zishyize umukono ku rwandiko rw’Inama Mpuzamahanga ku Karere k’ibiyaga Bigari (ICGLR) nyuma y’inama y’urwego rwakurikiraga ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano yo guhagarika intambara, yari wateguwe na Qatar mu gushaka kurangiza iyi ntambara.

Bimwe mu byumvikanyweho muri iyi nama, basabye MONUSCO kohereza ubutumwa bwa mbere mu mujyi wa Uvira kugira ngo buhagararire ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’amahoro mu minsi iri imbere.

Nyuma y’imirwano ikaze yabaye mu kiyaga cya Rusizi mu ntangiriro z’Ukuboza 2025, inyeshamba za M23 zahise zigarurira Uvira ku wa 10 w’uko kwezi ariko ziza kuva muri uyu mujyi ku mpamvu z’amahanga, cyane cyane Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zahagarariye amasezerano y’amahoro hagati ya Perezida Felix Tshisekedi wa RD Congo na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda.

AFC/M23 ivuga ko kuva yava muri uyu mujyi haranzwemwo ibikorwa by’ubugizi bwa nabi ku Banyamulenge, ibyo leta ya Kinshasa yamaganira kure.

Izi nyeshamba zikomeje gusaba ko amahanga afata ingamba ku mutekano wa Uvira.

Tanga Igitekerezo

email ntizatangazwa Ningombwa *