Iran yaburiye Amerika na Israel ibiteguza ibitero ‘bishwanyaguza’ kandi ‘binini cyane’
Umuvugizi w’ingabo za Iran yavuze ko Amerika na Israel zikomeje gukora ibikorwa “bidafite agaciro,” abiburira ko Iran iteganya kubasubiza ibitero “bishwanyaguza, binini cyane kandi byangiza bikomeye”.
Mu itangazo ryasohotse ku Biro Ntaramakuru, Tasnim, bifitanye isano n’umutwe wihariye w’ingabo za Iran (IRGC), ndetse rikagaragazwa mu buryo bw’igice n’ibiro ntaramakuru bya leta, Fars, uwo muvugizi yavuze ko Amerika na Israel zifite amakuru “atuzuye” ku bushobozi bwa gisirikare bwa Iran n’ibikoresho bya yo.
Yongeyeho ko ibikorwa byo gukora intwaro bya Iran bishingiye ku bushishozi bw’igihugu, ahakana ibyo Perezida Donald Trump yavuze ko ububiko bw’intwaro bwa Iran bwagabanutse cyane.
Uwo muvugizi kandi yageneye ubutumwa bukomeye Amerika na Israel, ati: “Mugomba kwishyura ku bw’ubushotoranyi mwatangije”.

