AmakuruInkuru NyamukuruPolitiki

Iran yagabye ibitero bikomeye kuri Israel

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, umujyi wa Tel Aviv muri Isiraheli wagabweho ibitero bishya bikomeye – abantu barimo guhunga bakiza ubuzima bwa bo, nk’uko umunyamakuru wa dagbladet uri muri Israel yabitangaje.

Iran yagabye igitero gishya ku Israel, ku birindiro by’ingabo z’Amerika, ndetse no ku bihugu bimwe byo mu karere, inaburira Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ko “zizabyicuza bikomeye” kuba zarohamishije ubwato bw’intambara bwa Iran zikoresheje misile ya torpedo.

Iyi ntambara ikomeje gukara umunsi ku wundi, ku buryo kugeza ubu imaze kugira ingaruka ku bihugu 14 byo mu burasirazuba bwo hagati no mu tundi turere. Ku wa Kane w’ejo hashize, Azerbaijan yashinje Iran kuyigabaho igitero ikoresheje indege zitagira abapilote (drones), nubwo Tehran yabihakanye. Umunsi umwe mbere ya ho, Amerika yari yatangaje ko yarohamishije ubwato bw’intambara bwa Iran mu mazi hafi ya Sri Lanka.

Hagati aho, Israel yatanze itangazo risaba abantu bose kwimuka byihuse bava mu nkengero z’amajyepfo y’umujyi wa Beirut, mu gihe imirwano yakaraga hagati ya yo n’umutwe wa Hezbollah ushyigikiwe na Iran ukorera muri Lebanon.

Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zishinzwe kubungabunga amahoro muri Lebanon zatangaje ko zabonye imirwano ibera ku butaka mu majyepfo y’icyo gihugu, mu gihe izindi ngabo za Israel zakomezaga kwambuka umupaka zijya muri ako gace.

Iran yagabye igitero gikomeye kuri Israel


Umunyamakuru wa Dagbladet uri i Tel Aviv, Morten Risberg, yatangaje iby’iki gitero mu gihe cyari kigikomeje kandi yavuze ko yabonaga neza ibintu biguruka mu kirere hejuru y’umujyi.

Yagize ati: “Kugeza ubu hamaze kumvikana impuruza ebyiri. Iya mbere twumvise urusaku rwinshi rw’iturika ruri kure. Iya kabiri ho twabonye neza igitero kinini cya misile cyerekeza kuri Tel Aviv. Ndakeka ko zari misile zirenga 50.” Risberg yavuze ko ubu ari ahantu hizewe.

Mu gihe kimwe, Amerika na Israel byakomeje kugaba ibitero ku gihugu cya Iran, byibanda ku bushobozi bw’ingabo za cyo, abayobozi b’igihugu, ndetse no ku mushinga wa cyo w’ibikoresho bya kirimbuzi (nuclear program). Abayobozi ba Israel n’Amerika banagaragaje ko kugambirira guverinoma ya Iran ari intego ya bo — aho Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei, yapfuye ubwo intambara yatangiraga ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize. Ariko intego nyakuri n’igihe cyo kurangiza intambara byagiye bihinduka kenshi, kandi intambara igaragara nk’aho ishobora kumara igihe kirekire idafite iherezo rizwi.

Ibitero bya Iran byibasiye ibihugu by’abarabu bihana imbibi na yo, byangije itangwa ry’ibitoro, ndetse binatuma ingendo z’indege ku isi zidakora neza.

Nk’uko abayobozi b’ibihugu bireba babivuga, iyi ntambara imaze kwica byibura abantu 1,230 muri Iran, barenga 70 muri Lebanon, ndetse n’abantu hafi 12 muri Israel. Abasirikare 6 b’Amerika na bo bamaze kwicwa.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araghchi, yashinje ingabo z’Amerika zo ku nyanja gukora “icyaha gikomeye ku nyanja” cyo kurohamisha ubwato bw’intambara bwa Iran, IRIS Dena, mu Nyanja y’Ubuhinde mu ntangiriro z’iki cyumweru, ubwo hapfaga byibura abantu 87. Yavuze ko Amerika izicuza bikomeye icyo cyaha yakoze.

Iran yagabye igitero gikomeye kuri Israel (Ifoto: PBS NEWS)

Tanga Igitekerezo

email ntizatangazwa Ningombwa *