AmakuruPolitiki

Iran yemeje ko komanda w’ingabo za yo zirwanira mu mazi za IRGC yapfuye

Umutwe w’ingabo za Iran witwa Islamic Revolutionary Guard Corps (IRGC) wemeje ko Alireza Tangsiri, wari komanda w’ingabo zirwanira mu mazi z’uyu mutwe, yishwe mu gitero, nyuma y’iminsi ine Israel itangaje ko ari yo yamwishe.

Mu itangazo ryasohowe na IRGC, havugwa ko Tangsiri yarashwe ari mu bikorwa byo kuyobora ingabo no gukaza ubwirinzi ku birwa no ku byambu, aza kwitaba Imana azize ibikomere bikomeye.

Nubwo uyu muyobozi atakiriho, IRGC yavuze ko ingabo za yo zo mu mazi zakomeje ibikorwa bya zo bya gisirikare, zirimo kugaba ibitero no kugenzura umuhora wa Hormuz, umwe mu mihora y’ingenzi ku bucuruzi bw’isi.

Iri tangazo ryakomeje rishimangira ko IRGC idateze guhagarika ibikorwa bya yo kugeza igihe umwanzi wa yo azaba arimbuwe burundu.

Alireza Tangsiri yari umwe mu bayobozi bakomeye muri IRGC, aho yari ashinzwe cyane kugenzura amato anyura mu muhora wa Hormuz.

Mu butumwa bwe buheruka gutangarizwa ku rubuga rwa X, yari yavuze ko nta bwato bufitanye isano n’abarwanya Iran bugomba gukomeza kunyura muri uwo muhora.

Uyu mugabo yari azwiho kuvuga cyane mu ruhame, kenshi anenga cyane Amerika na Israel.

Tangsiri kandi yari yarafatiwe ibihano na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika kuva mu 2019, nyuma y’uko Iran irashe indege itagira umupilote (drone) y’ubutasi hafi y’umuhora wa Hormuz.

Guhera mu 2018, Tangsiri ni we wari uyoboye ingabo zirwanira mu mazi za IRGC (Ifoto: BBC)

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *