Israel yafunguye umupaka wa Gaza
Israel yatangaje ko yongeye gufungura umupaka mukuru uyihuza n’akarere ka Gaza, kuko ari wo nzira y’ingenzi ituma imfashanyo zinjira muri aka gace kamaze igihe kibasiwe n’intambara. Ibi bibaye ku nshuro ya mbere kuva Israel itangiye kugaba ibitero by’indege kuri Iran.
Umuryango w’Abibumbye (ONU/UN) hamwe n’indi miryango itanga imfashanyo bari bamaze iminsi baburira ko gufunga inzira zijya muri Gaza byari gutuma habura ibiribwa n’ibikomoka kuri peteroli. Ibyo byateye impungenge ku baturage, bituma ibiciro ku masoko bizamuka.
Ikigo cya Israel gishinzwe ibikorwa mu turere twa Palestine, COGAT, cyavuze ko gufunga umupaka wa Kerem Shalom byatewe n’iterabwoba rya misile ryashyiraga mu kaga abakozi ba Israel n’Abanyapalestina. Mbere ya ho, iki kigo cyari cyatangaje ko ibikoresho by’ibanze bihari byari bihagije mu gihe gito.
Amakuru aturuka muri Gaza yemeje ko amakamyo atwaye imfashanyo y’Abanyapalestina yagejejwe i Kerem Shalom muri iki gitondo, ariko kugeza ubu akaba ataragarukana ibiribwa nk’uko BBC ibivuga.
Hagati aho, umupaka wa Rafah uhuza Gaza na Misiri, ari wo usanzwe ukoreshwa mu gusohora abarwayi bajyanwa kwivuriza hanze, uracyafunze. COGAT yatangaje ko uzafungurwa vuba bishoboka igihe umutekano uzaba ubyemereye.

