Jenerali w’Uburusiya yarashwe amasasu menshi i Moscow
Liyetona Jenerali Vladimir Alekseyev, umwe mu bayobozi bakuru mu butasi bwa gisirikare bw’Uburusiya (GRU), yarashwe i Moscow mu nyubako yo guturamo mu gace k’amajyaruguru ashyira uburengerazuba bw’umujyi maze ajyanwa mu bitaro, aho uko amerewe bitaramenyekana neza nk’uko BBC ibitangaza.
Alekseyev ni we nimero ya kabiri mu rwego rwa GRU kandi ni we musirikare ukomeye cyane urasiwe mu murwa mukuru w’Uburusiya kuva intambara yo muri Ukraine yatangira hafi imyaka ine ishize. Uyu Jenerali yari yarafatiwe ibihano n’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi nyuma y’uko GRU yashinjwaga kuba inyuma y’igitero cyo mu kirere hakoreshejwe ikinyabutabire cyakorewe i Salisbury mu Bwongereza mu 2018.
Svetlana Petrenko wo mu rwego rw’ubugenzacyaha bw’Uburusiya yavuze ko iperereza rishya ryatangiye ku byaha byo kugerageza kwica umuntu. Uraswa yahunze, kandi abashinzwe iperereza bari gukurikirana amashusho ya CCTV no kubaza ababibonye.
Alekseyev yari yaragize uruhare runini mu ntambara yo muri Ukraine, harimo ibiganiro by’amahoro muri Mariupol mu 2022, ndetse no mu biganiro na Yevgeny Prigozhin, wari umuyobozi w’umutwe w’abacanshuro wa Wagner wigeze kwigarurira ubutegetsi mu 2023.
Umuntu wari inyuma y’iki gitero ntaramenyekana. Ibi byabereye ku muhanda wa Volokolamsk Highway mu gace k’amajyaruguru ashyira uburengerazuba bwa Moscow.
Mu bihe bishize, Ukraine yari yaragerageje ibitero ku basirikare bakuru b’Uburusiya, kandi abategetsi bo mu butasi bw’iki gihugu bavuze ko baburijemo igerageza ry’igitero mu mujyi wa St Petersburg mu minsi ishize.

