AmakuruPolitiki

M23 ivuga ko itigeze iva mu birindiro, isobanura ko iri mu gikorwa cyo gusimburanya ingabo ku rugamba

Umutwe w’inyeshyamba wa AFC/M23 uhanganye na leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo watangaje ko ibikorwa biri kugaragara ku mirongo y’urugamba atari ugusubira inyuma, ahubwo ko ari gahunda isanzwe yo gusimburanya ingabo mu buryo bw’amayeri.

Mu butumwa bwashyizwe ku rubuga X mu ijoro ryo ku wa Gatandatu, umuvugizi wa M23 Lawrence Kanyuka yavuze ko izo mpinduka ari igice cy’imikorere isanzwe igamije kunoza imirwanire. Yongeyeho ko uyu mutwe ukomeje kubahiriza ingamba z’amahoro zemeranyijweho i Doha, ndetse ko wiyemeje kurinda abasivile no gukumira icyahungabanya umutekano aho cyaturuka hose.

Ku ruhande rwa leta ya DRC, nta cyo iratangaza kuri ayo makuru. Umuvugizi w’ingabo za yo yabwiye BBC dukesha iyi nkuru ko nta cyo bafite cyo kuyatangazaho muri iki gihe.

Ibi M23 ibivuze nyuma y’inkuru zari zimaze iminsi zivuga ko ishobora kuba iri kuva mu bimwe mu birindiro bya yo mu Ntara ya Kivu ya Ruguru cyangwa igahindurira abarwanyi ba yo ahandi. Radiyo Radio Okapi yatangaje ko hari amakuru y’abaturage n’abayobozi avuga ko habayeho kwimuka kw’izo ngabo mu duce twa Lubero, aho zari zimaze igihe kirenga umwaka.

Hagati aho, mu nama y’akanama k’umutekano k’Umuryango w’Abibumbye, intumwa ya Donald Trump ishinzwe Afurika, Massad Boulos, yasabye u Rwanda gukuraho ingamba z’ubwirinzi no gukura ingabo za rwo ku butaka bwa DRC, ndetse no kubahiriza ubusugire bw’icyo gihugu.

Yanavuze ko ari ngombwa ko Leta ya DRC irandura burundu umutwe wa FDLR, avuga ko ari imwe mu ntambwe zikenewe mu kugabanya impungenge z’umutekano mu karere.

Raporo zitandukanye z’inzobere za ONU n’ibihugu byo mu burengerazuba bw’isi zishinja u Rwanda gufasha M23 mu buryo butandukanye, nko gutanga imyitozo, abasirikare n’ibikoresho. Icyakora, u Rwanda rubihakana, rukavuga ko ruri gufata ingamba z’ubwirinzi, mu gihe nabrwo rushinja DRC gukorana na FDLR — ibyo na byo DRC ihakana.

Kugeza ubu, M23 igenzura ibice byinshi byo mu Kivu ya Ruguru na Kivu y’Epfo, harimo imijyi ikomeye nka Goma na Bukavu.

Boulos kandi yibukije amasezerano y’amahoro yasinywe i Washington mu kwezi k’Ukuboza gushize hagati ya Félix Tshisekedi na Paul Kagame, ayobowe na Trump, avuga ko ari intambwe ikomeye mu kugabanya umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi.

Yasoje agaragaza impungenge ku mibereho y’abaturage benshi bo muri ako karere bamaze igihe kirekire batagira amahoro, umutekano n’amahirwe y’ubukungu.

Iyi ntambara yo mu burasirazuba bwa DRC yongeye gukaza umurego mu mpera za 2021, nubwo mu by’ukuri imaze imyaka hafi 30 igenda igaruka rimwe igacogora ubundi ikongera kubura.

M23 mu modoka i Goma ku wa 31 Mutarama 2025 (Ifoto: BBC)

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *