AmakuruPolitiki

M23 yisubije akandi gace muri Walikale

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuri uyu wa Mbere Bisubije agace ka Buhimba ko muri Teritwari ya Walikale, nyuma yo kuhirukana FARDC, Wazalendo na FDLR.

Aka gace ka Buhimba kari muri Gurupoma ya Waloa Yungu, kisubijwe na AFC/M23, nyuma yuko aba barwanyi bagabye igitero baturutse mu gace ka Kilongo muri Segiteri ya Osso Banyungu muri Teritwari ya Masisi.

Nyuma y’amasaha menshi y’imirwano ikomeye, FARDC yakuyemo akayo karenge isubira inyuma yerekeza i Ngenge, agace kari mu burengerazuba bwa Buhimba.

Iyi mirwano yasize bamwe mu baturage bavuye mu byabo, bahungira mu gace ka Waloa Yungu mu gihe hari n’abandi bahungiye mu mashyamba, abandi berekeza i Kimua.

AFC/M23 yisubije aka gace mu gihe imirwano hagati y’abarwanyi bayo n’uruhande bahanganye ikomeje gukaza umurego, mu bice byinshi byiganjemo ibyo ku mupaka uhuza Teritwari ya Walikale na Masisi.

Iyi mirwano yahinduye isura nyuma yuko uruhande rwa Leta ya Kinshasa rukomeje kurenga ku gahenge rukagaba ibitero mu bice bituwemo n’abaturage, ndetse no ku birindiro bya AFC/M23, birimo n’ibitero biherutse guhitana Col Willy Ngoma wari Umuvugizi w’Igisirikare cy’iri Huriro.

Tanga Igitekerezo

email ntizatangazwa Ningombwa *