Macron yasabye ko hubahirizwa ubutegetsi n’ubusugire bwa RD Congo
Ubufaransa bwemeza ko ari ngombwa kubahiriza ubwigenge n’ubusugire bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), nk’uko Perezida Emmanuel Macron yabibwiye mugenziwe Félix Tshisekedi ubwo yari mu ruzinduko muri icyo gihugu.
Nk’uko ibiro bya Perezida Tshisekedi bibivuga, uyu muyobozi ari mu Bufaransa guhera ku wa 25 Gashyantare 2026, aho yari yitezweho kuganira na Perezida Macron ku bibazo biri mu bice by’uburasirazuba bwa RDC biri mu maboko y’inyeshamba za AFC/M23.
Perezida Macron yagaragaje ko Ubufaransa bushyigikiye cyane kurinda ubutegetsi n’ubusugire bwa RDC, kandi bushimangira ko bigomba gushyigikira ibikorwa byose bigamije kugarura amahoro mu karere.
Yagize ati: “Ubufaransa bushigikiye ibiganiro bigamije gushaka ibisubizo birambye ku bibazo bihangayikishije akarere k’ibiyaga bigari, birimo guhagarika intambara, guha abantu umutekano, no kubahiriza ubutegetsi n’ubusugire bwa RDC”.
Byongeye, biteganyijwe ko bombi bazaganira ku cyemezo cya RDC cyo kwiyamamariza kuyobora umwanya w’umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Ibihugu Bikoresha Ururimi rw’Igifaransa (OIF), uyu muryango usanzwe uyobowe n’Umunyarwandakazi Louise Mushikiwabo kuva mu 2019.


Vuuuuuuuuuu