Manda ya gatanu ya Sassou Nguesso yemejwe n’amajwi 94.8%
Prezida Denis Sassou-Nguesso wa Repubulika ya Kongo (Congo Brazzaville), umaze imyaka irenga 40 ku butegetsi, yongeye gutsinda amatora ku majwi 94.8%, nk’uko byatangajwe n’ubutegetsi ku mugoroba wo ku wa Kabiri w’ejo hashize.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Raymond Mboulou, yavuze ko uyu muyobozi w’imyaka 82 yegukanye intsinzi mu matora y’umukuru w’igihugu yabaye ku Cyumweru.
Abaturage bagera kuri miliyoni 2.5 ni bo bari biyandikishije ngo bitabire ayo matora. Gusa, amashyaka akomeye atavuga rumwe n’ubutegetsi ntiyayitabiriye, agaragaza impungenge ku mucyo n’ubwisanzure by’ayo matora.
Mu bakandida barindwi bari bahatanye, batandatu bahanganye na Sassou Nguesso, ariko nta n’umwe wahabwaga amahirwe yo kumutsinda.
Uyu muyobozi amaze igihe kirekire ayobora iki gihugu cyo muri Afurika yo hagati gikungahaye ku mutungo wa peteroli, aho yinjiye ku butegetsi mu 1979. Nubwo yigeze kuva ku butegetsi hagati ya 1992 na 1997, yaje kugaruka, akomeza gutsinda amatora yakurikiyeho, harimo ayo mu 2016 no mu 2021.
Intsinzi ye iheruka isobanura ko ashobora gukomeza kuyobora igihugu nibura kugeza mu mwaka wa 2031.
