AmakuruPolitiki

Menya indege z’intambara Amerika imaze gutakariza muri Iran

Amerika imaze gutakaza nibura indege icyenda muri iyi ntambara iri gukomeza, nk’uko bitangazwa n’amakuru atandukanye aturuka ku bayobozi ba yo ndetse n’ibitangazamakuru byo muri icyo gihugu.

Ku wa 5 Mata, igitangazamakuru CBS News cyatangaje ko indege ebyiri zifashishwa mu bikorwa byo gutabara, zari zagiye gufasha abari mu ndege ya F-15E yarashwe, zananiwe kuva mu gace ko mu cyaro cya Iran. Abayobozi bavuze ko izo ndege zaje guturitswa n’ingabo za zo ubwazo kugira ngo zitagwa mu maboko y’umwanzi. Amafoto yagenzuwe yerekanye ibisigazwa by’izo ndege zasenyutse cyane hagati muri Iran.

Ku wa 3 Mata, hari indi ndege y’intambara yarasiwe muri Iran, aho ibisigazwa bya yo byaje kwemezwa n’inzobere ko ari iby’indege yo mu bwoko bwa F-15E Strike Eagle. Uwo munsi kandi, ikinyamakuru New York Times cyatangaje ko indege ya A-10 Warthog yahanutse mu karere k’ikigobe, ariko umupilote wa yo abasha kuyisimbukamo mbere yo kugwa, aza no gutabarwa.

Amashusho yemejwe yo ku wa 29 Werurwe yagaragaje indege ya E-3 Sentry, ikoreshwa mu gutanga amakuru ku rugamba, yarashwe igacikamo kabiri ku kigo cya gisirikare cya Prince Sultan muri Saudi Arabia.

Ku wa 12 Werurwe, abantu batandatu baguye mu mpanuka y’indege ya KC-135 yagwaga muri Iraq. Iyi ndege ikoreshwa mu kongerera ibitoro izindi ndege ziri mu kirere. Icyo gisirikare cyavuze ko impamvu y’iyo mpanuka ikiri gukorwaho iperereza, gihakana ko yaba yaratewe n’umwanzi.

Na none ku wa 2 Werurwe, indege eshatu za F-15E zararashwe mu kirere cya Kuwait mu mpanuka yiswe “kuraswa n’inshuti” (friendly fire). Abapilote bose babashije kurokoka basimbutsemo bakoresheje imitaka yabugenewe.

Indege idasanzwe E-3 Sentry ifsha ingabo kubona amakuru, yarasiwe muri Itaq (Ifoto: BBC)

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *