Mike Tyson agiye kurwana na Floyd Mayweather muri DR Congo
Abakinnyi b’ibyamamare ku Isi mu mukino w’iteramakofe, Mike Tyson na Floyd Mayweather, bagiye guhurira mu mukino w’iteramakofe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Uyu mukino ukomeje kuvugisha abantu benshi washyizwe ku itariki ya 25 Mata 2026, nk’uko byatangajwe n’igitangazamakuru bitandukanye.
Uyu mukino w’amateka kuri aba bakinnyi babiri bamamaye mu myaka 40 ishize wari wagarutsweho umwaka ushize (2026) ariko ntihagatangazwa umunsi ndetse n’aho uzabera.
Ni umukino bivugwa ko ari uwo kwigaragaza cyangwa kw’imurika, atari uwu mwuga utazagira amanota cyangwa umudali uhatanirwa.Intego nyamukuru ni kwishimisha no kugaragaza ubuhanga bw’abakinnyi babiri b’icyamamare ku Isi.
Ibinyamakuru bitandukanye bivuga ko uyu mukino uzaba mu rwego rwo “kuzirikana umurage wa ‘Rumble in the Jungle’ nyuma y ‘imyaka 52 ishize”.
“Rumble in the Jungle” ni izina ry’umukino w’iteramakofe wabereye muri Kinshasa mu 1974.
Uyu mukino wahuje Muhammad Ali na George Foreman, aho Ali yatsinze Foreman mu buryo bwa ‘knockout’ mu ‘raund’ ya 8.Mike Tyson, ufite imyaka 59, ni umukinnyi wigeze kuba umukinnyi w’icyiciro cya ‘heavyweight’, kuri ubu amaze imyaka ibiri adakina.
Umukino we na Jake Paul mu Ugushyingo 2024 wari wakurikiranywe n’abarebye barenga miliyoni 100.
Floyd Mayweather, ufite imyaka 49, ni umwe mu bakinnyi bakomeye cyane mu mukino w’iteramakofe.Nyuma yo kuva mu mukino w’umwuga mu 2017, Mayweather yakomeje kugaragara mu mikino y’imurika, harimo no gutsinda Logan Paul mu 2021.

