Mozambique: Abasirikare 3 b’u Rwanda biciwe mu mirwano ikaze i Macomia
Amakuru aturuka mu gihugu cya Mozambique aravuga ko mu gitondo cyo ku wa Kabiri tariki 24 Gashyantare 2026, habaye imirwano ikaze i Macomia yari irimo ihuriro ry’Ingabo z’u Rwanda RDF n’ Ingabo za Mozambique, rihanganye n’umutwe witwaza amatwara ya Kisilamu yahitanye abantu benshi abandi bagakomereka ku mpande zombi.
Ayo makuru yatangajwe n’ibinyamakuru birimo Mozambique Times avuga ko mu bapfuye harimo nibura abasirikare batatu b’u Rwanda RDF nubwo ibi bitaremezwa n’Ingabo z’u Rwanda.
Ni imirwano bivugwa ko yabereye mu midugudu ikikije umuhanda w’igihugu (Mozambique) ufite nimero 380 (N380), ahagabwe igitero, ku Cyumweru tariki 22 Gashyantare 2026, ku modoka zari ziherekejwe n’abasirikare bacunga umutekano.
Iyi mirwano kandi yahagaritse urujya n’uruza ku muhanda wa Macomia – Oasse, gusa kugeza ubu twandika iyi nkuru, uyu muhanda wa N380 uri mu majyaruguru ya Cabo Delgado wongeye gufungurwa ubu wabaye nyabagendwa nyuma y’iyi mirwano yatangiye ku Cyumweru mu gace ka V Congresso mu karere ka Macomia. .
Hagati aho Islamic State yo ivuga ko yishe abasirikare bagera kuri 14 muri iyi mirwano.
Umwe mu batanze amakuru waganiriye na Mozambique Times yagize ati: “Zimwe mu modoka zari mu ruhererekane zaheze mu nzira, ndetse hari izifite amapine yatobotse, habaye imirwano ikomeye cyane kuruta iyabaye ku Cyumweru no ku wa Mbere”.
Umuforomokazi ukorera mu Kigo Nderabuzima cya Macomia we yagize ati: “Dufite amakuru avuga ko abasirikare b’u Rwanda basize ubuzima mu mirwano y’uyu munsi, ndetse no ku bitaro, ku giti cyanjye nabonye umwe mu bagize UIR (Umutwe wa Polisi ya Mozambike ushinzwe kurwanya Imyigaragambyo) arimo kuvurwa. Yari afite isasu mu mubiri bigoye gukuramo azimurirwa i Pemba”.
Amakuru aturuka ku musirikare wari mu baherekeje izo modoka zagabweho igitero ku Cyumweru yabwiye Mozambique Times ko, nyuma y’igico, hakurikiyeho imirwano ikaze hagati y’inyeshyamba n’Ingabo z’u Rwanda mu gihe cy’amasaha menshi, mu gihe abagenzi bataye imodoka barahunga.


