AmakuruPolitiki

Ni umukire — kuki yarwanya Museveni? – Eddy Kenzo yise Bobi Wine indashima

Umujyanama wa Perezida akaba n’umuhanzi, Eddy Kenzo, yongeye kunenga umuyobozi w’ishyaka ry’abatavuga rumwe na leta, Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi nka Bobi Wine, abaza impamvu uyu munyapolitiki w’umukire akomeza guhangana na Yoweri Museveni.

Mu kiganiro yatangaje kuri televiziyo, Kenzo ntiyigeze acika intege. Yavuze ko Bobi Wine ari umuntu “w’indashima,” ashingiye ku kuba Perezida w’ishyaka rya National Unity Platform afite ubutunzi bwinshi kandi yakagombye kubaho mu buzima bwiza aho guhora anenga ubutegetsi.

Kenzo yavuze ko Bobi Wine afite ubutaka bw’agaciro muri Busabala — bushingiye ku makuru ashobora kuba arenga hegitari 4, buri hegitari ikaba ifite agaciro miliyoni hafi 800 z’amashilingi ya Uganda (ni ukuvuga asaga miliyoni 296 RwF). Yavuze kandi ku inzu ye y’i Magere, iri ku buso bwa hegitari hafi eshatu, buri hegitari ikaba ifite agaciro ka miliyoni 600 z’amashilingi ya Uganda (ni ukuvuga akabababa miliyoni 222 RwF).

Yanavuze ko Bobi Wine afite n’amato ku kiyaga cya Victoria kandi ko abana be biga kaminuza, abaza impamvu umuntu ubayeho gutya akivuga ko bitamushimisha.

Yagize ati: “Perezida Museveni yafashije abantu benshi, ariko na bo baramunenga”.
“Na Bwana Kyagulanyi… afite ubutaka i Busabala, ubutaka i Magere, amato ku kiyaga, kandi abana be barize. Ariko akavuga ko atishimiye ubutegetsi. Ntabwo ari ibintu bishya kubona abantu baba indashima”.

Eddy Kenzo yavuze ko Bobi Wine ari indashima
Bobi Wine wari uhanganye na Museveni mu matora ya perezida aheruka, yagize amajwi 25 mu gihe Museveni yagize 72

Tanga Igitekerezo

email ntizatangazwa Ningombwa *