AmakuruPolitiki

“Ntawavuga ko ari ugutaha ku bushake” – Bamwe mu Barundi bari guhunguka bava Tanzania

Umubare w’Abarundi bari gusubira mu gihugu bava muri Tanzania wabaye munini kurusha uko byari byateganyijwe, aho muri iki cyumweru abarenga 8,000 basubiye mu Burundi.

Ku wa Kane w’ejo hashize, abarenga 4,200 barahungutse, naho ku wa Kabiri hatashye abarenga 3,800.

Ibi byabaye mu gihe Lleta z’Uburundi, Tanzania hamwe na UNHCR mu kwezi kwa cumi na kumwe mu mwaka ushize, bari bumvikanye ko bazajya bohereza Abarundi ibihumbi bitatu mu cyumweru.

Odette Kamariza, umuyobozi ushinzwe abahunguka muri Minisiteri y’Umutekano n’Iterambere mu Burundi, yabwiye BBC dukesha iyi nkuru ati: “Umurindi wabaye munini kuko mu masezerano twari twagiranye twumvikanye kwakira ibihumbi bitatu mu cyumweru. Ni abacu batashye, ntidushobora kubareka kuko ni Abarundi batashye mu gihugu cya bo. Nubwo birenze ubushobozi, dufite uko tubitunganya.”

Abahungutse ejo ku wa Kane bagizwe n’abana, urubyiruko n’abagore, bajyanywe mu mabisi hafi 60 bavanywe mu nkambi ya Nduta bashyirwa i Nyabitare, mu Gisuru, Intara ya Buhumuza. Abagabo bari umwe umwe, bamwe bavuga ko bashima ko abana n’abagore bakwitabwaho cyane kugira ngo batabangamirwa mu mahema mu gihe bategereje gutaha.

Ku ruhande rw’u Burundi, Tanzania na UNHCR bavuga ko itahuka rikorwa ku bushake bw’impunzi, ariko bamwe mu bahunguka bavuga ko batishimiye uko baherukaga kwitabwaho mu nkambi, bagasubizwa mu gihugu kuko Tanzania itakibakeneye, bityo nta mahitamo yandi bari bafite.

Nishimwe Aline, umubyeyi w’abana bane w’imyaka 28, yagize ati: “Amazu barayasenya, ugahita ujya kwiyandikisha uti ‘njyewe nkeneye kwigira hano’, nta kindi gisigaye uhitamo ukitahira”.
Yongeyeho ko bamwe barara mu duhema cyangwa mu ihangari, kandi imvura iyo iguye abana bahura n’ibibazo byo kutabona aho bacumbika.

Na Nshimirimana Jean-Marie, w’imyaka 40 wari umaze imyaka 10 mu buhungiro, yagize ati: “Bansenyeye ku wa Gatandatu ushize. Basenya inzu umunsi ku wundi, basiba gusa ku wa Gatandatu no ku Cyumweru. Abantu barara mu bose barara mu mahangari, mu mazi, imvura igwa mugitondo n’a nimugoroba. Ariko ndashima ko nageze mu gihugu cyacu amahoro”.

Abatahutse bakirirwa i Nyabitare (Ifoto: BBC)

Abahungutse bakirwa i Nyabitare, bakirwa bavuye mu mabisi abavanye muri Tanzania hamwe n’imizigo ya bo. Bahabwa amatelefone n’amafaranga yo kubatunga mu minsi ya mbere, arenga ibihumbi 500 mu mafaranga y’Uburundi. Ariko benshi bavuga ko ayo mafaranga atazabageza aho batangiriye kubona ibyo kwibeshaho.

Leta ya Tanzania iteganya ko mu kwezi kwa gatandatu uyu mwaka nta Murundi uzaba akiri mu nkambi y’impunzi mu gihugu, aho hakirimo abarenga ibihumbi 100. Tanzania, UNHCR na leta y’u Burundi bavuga ko nta mpamvu iriho yo gukomeza kwita aba Barundi impunzi, kubera ko umutekano wagarutse mu Burundi.

Tanzania imaze imyaka irenga 50 yakira impunzi z’Abarundi, cyane cyane abahunze imvururu zagiye zibaho kuva mu 1972. Abenshi mu bari gusubira mu Burundi bahunze imvururu za politiki zo mu 2015, mu gihe cya Perezida Pierre Nkurunziza.

Ku murindi uriho ubu, hashyizweho gahunda yo gusubiza mu gihugu abarenga ibihumbi 30 mu mezi abiri, ariko abafasha mu gutahukana impunzi bavuga ko hakenewe kongera uburyo bwo kwakira abantu batari basezeranye na Tanzania.

Abatahutse bari imbere y’amabisi abavanye muri Tanzania (Ifoto: BBC)
Bari ku mirongo ngo bahabwe ibibafashe bakigera i Nyabitare (Ifoto: BBC)

Tanga Igitekerezo

email ntizatangazwa Ningombwa *