RIB yagaruje telefoni 140 zibarirwa muri miliyoni 40 Frw
Urwego rw’Ubugenzacyaha mu Rwanda (RIB) rwatangaje ko rwasubije ba nyira zo telefoni zigendanwa 140 zari zaribwe, zifite agaciro karenga miliyoni 40 z’amafaranga y’u Rwanda.
Ibi byabereye mu Karere ka Bugesera kuri uyu wa Gatanu, aho hanerekanwe abantu 10 bakekwaho ubujura bwa telefoni. Hanagaragajwe kandi abandi bakekwaho ibyaha bitandukanye birimo ubwicanyi bwaturutse ku makimbirane yo mu miryango ashingiye ku mitungo, gucana inyuma no kwihanira.
Something happening? Tip us at info@kigali24.com, phone +4745805214 or click the button here. You can also upload photos.