Amakuru yako kanya

Turakugezaho amakuru byihuse

  1. Depite Icyitegetse yeguye

    Depite Icyitegetse yeguye

    Inteko Ishinga Amategeko yatangaje ko Icyitegetse Venuste wari umwe mu badepite yanditse asaba kwegura ku nshingano ze nk’umudepite, abisobanura nk’icyemezo yafashe ku mpamvu ze bwite, mu ibaruwa yagejeje ku Muyobozi w’Umutwe w’Abadepite.

    Mbere yo kwegura, Icyitegetse Venuste yari umwe mu bagize Komisiyo ishinzwe kugenzura imitunganyirize, ikoreshwa n’imicungire y’ingengo y’imari ya Leta. Yari anahagarariye urubyiruko mu Nteko Ishinga Amategeko, ari mu bagize Umuryango FPR-Inkotanyi.

    Something happening? Tip us at info@kigali24.com, phone +4745805214 or click the button here. You can also upload photos.

  2. Papa Leo yasuye Canary yibanda ku kaga k’abimukira

    Papa Leo yasuye Canary yibanda ku kaga k’abimukira

    Papa Leo yasuye Ibirwa bya Canary byo muri Espagne mu rwego rwo kwibutsa isi akaga gakomeye abimukira bahura na ko bashaka kugera i Burayi banyuze mu Nyanja ya Atlantique. Muri uru ruzinduko, aribuka abimukira benshi bapfiriye muri urwo rugendo cyangwa bakaburirwa irengero, anasabe ko hashyirwaho inzira zemewe kandi zitekanye zatuma abantu bimuka badashyira ubuzima bwabo mu kaga.

    Urugero rwa Bakary Jaiju, umusore wo muri Gambia wageze muri ibyo birwa nyuma y’iminsi irindwi atoroshye mu nyanja, rugaragaza ubuzima bugoye abimukira benshi banyuramo. Nubwo u Burayi bukomeje gukaza ingamba zo kugenzura abimukira, abayobozi bo mu Birwa bya Canary bavuga ko hakenewe politiki ifasha abantu kuva muri Afurika bakajya gukora i Burayi mu buryo bwemewe n’amategeko, aho gukomeza gushyira ubuzima bwabo mu kaga.

  3. Amerika yemeje ikindi gitero ku bwato mu Kigobe cya Oman

    Amerika yemeje ikindi gitero ku bwato mu Kigobe cya Oman

    Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yemeje ko yagabye igitero ku bwato bwitwa Jalveer, bwari buriho ibendera rya Guinea-Bissau.

    Ubuyobozi bukuru bw’ingabo z’Amerika mu karere (CENTCOM) bwatangaje ko ubwo bwato “bwarenze ku mabwiriza y’ihagarikwa” nyuma yo kugerageza gutwara peteroli ya Iran bunyuze mu Kigobe cya Oman.

    Nk’uko CENTCOM ibivuga, ubu ni ubwato bwa gatatu ingabo z’Amerika zigabyeho igitero muri iki cyumweru muri ako karere, nyuma y’ibitero byagabwe ku mato ya Marivex na Settebello.

  4. Saudi Arabia: Abanya-Ethiopia 4 bishwe naho abarenga 65 bakatiwe urwo gupfa

    Saudi Arabia: Abanya-Ethiopia 4 bishwe naho abarenga 65 bakatiwe urwo gupfa

    Abategetsi ba Arabia Sawudite bakomeje gushyira mu bikorwa ibihano by’urupfu ku banya-Ethiopia, aho abantu bane bishwe hagati yo ku wa Mbere no ku wa Gatatu w’iki cyumweru. Ibi byatumye umubare w’abanya-Ethiopia bamaze kwicwa muri icyo gihugu mu mezi make ashize ugera kuri barindwi, nk’uko amakuru BBC yamenye abyerekana.

    Muri Arabia Sawudite, igihano cy’urupfu gikunze gushyirwa mu bikorwa binyuze mu guca umutwe hakoreshejwe inkota, hakurikijwe amategeko ya Sharia, nubwo rimwe na rimwe hanakoreshwa kuraswa.

  5. Amerika yanze kwakira umusifuzi ukekwaho amasano n’iterabwoba

    Amerika yanze kwakira umusifuzi ukekwaho amasano n’iterabwoba

    Umusifuzi w’Umunya-Somalia Omar Artan yimwe uburenganzira bwo kwinjira muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, aho yageze ku Kibuga Mpuzamahanga cya Miami afite viza ya dipolomasi. Abategetsi b’Amerika bavuze ko iki cyemezo cyafashwe nyuma y’igenzura ryimbitse ryagaragaje amakuru amushinja kugira isano n’abakekwaho kuba mu mitwe y’iterabwoba.

    Artan, w’imyaka 34 akaba yarigeze gutorwa nk’umusifuzi mwiza muri Afurika mu 2025, yoherejwe gusubira muri Somalia nyuma yo kwangirwa kwinjira. We ubwe yahakanye ibyo aregwa, avuga ko yabajijwe ku bijyanye n’ishami rya al-Shabab ariko akavuga ko nta kintu na kimwe ariziho.

  6. Trump yishimiye izamuka ry’ibiciro

    Trump yishimiye izamuka ry’ibiciro

    Perezida Donald Trump yavuze ko yishimiye izamuka ry’ibiciro, mu gihe imibare mishya igaragaza ko muri Gicurasi ibiciro muri Amerika byiyongereye ku muvuduko utarigeze ugaragara mu myaka itatu ishize.

    Raporo y’Ibiro bishinzwe Ibarurishamibare ry’Umurimo (BLS) yerekana ko muri Gicurasi ibiciro by’ibicuruzwa na serivisi byazamutseho 4.2% ugereranyije n’igihe nk’icyo cy’umwaka ushize, bivuye kuri 3.8% byariho muri Mata.

    Abasesenguzi bavuga ko iri zamuka ryatewe ahanini n’izamuka ry’ibiciro by’ingufu, cyane cyane amashanyarazi n’ibikomoka kuri peteroli, nyuma y’amakimbirane ya gisirikare hagati y’Amerika na Israel ku ruhande rumwe na Iran ku rundi.

  7. Ibisasu bya Ukraine byarashe uruganda rwa gisirikare rw’Uburusiya

    Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yatangaje ko ingabo z’icyo gihugu zagabye igitero cya misile ku ruganda rwa gisirikare ruri imbere mu Burusiya mu ijoro ryo ku wa Kabiri.

    Yavuze ko ibisasu bya FP-5 Flamingo byaraswe ku ruganda rukora ibikoresho bikoreshwa na drones mu Mujyi wa Cheboksary, uri ku ntera y’ibirometero bisaga 900 uvuye ku mupaka wa Ukraine.

    Abayobozi bo muri ako karere batangaje ko abantu batatu bakomerekeye muri icyo gitero cya misile cyibasiye uwo mujyi.

  8. Umunyeshuri wishe mugenzi we yakatiwe imyaka 35

    Umunyeshuri wishe mugenzi we yakatiwe imyaka 35

    Urukiko rwo muri Dallas, muri leta ya Texas muri Leta ZUnze Ubumwe z’Amerika, rwahamije icyaha Karmelo Anthony, wari umunyeshuri w’imyaka 17 igihe icyaha cyabaga, rumuhamya kwica Austin Metcalf banganyaga imyaka. Ibi byabereye ku kibuga cya Kuykendall Stadium muri Mata 2025, aho abo banyeshuri bombi bari bitabiriye amarushanwa yo gusiganwa ku maguru.

  9. Kenya: Umwe yarasiwe mu myigaragambyo yo kurwanya gahunda y’Amerika

    Kenya: Umwe yarasiwe mu myigaragambyo yo kurwanya gahunda y’Amerika

    Umuntu umwe yishwe arashwe mu gihe cy’imyigaragambyo yabereye mu Mujyi wa Nanyuki muri Kenya, aho abaturage bigaragambyaga bamagana umushinga wo kubaka ikigo cy’akato cya Ebola cyagenewe Abanyamerika. Abari aho bavuga ko uwo muntu yarashwe n’abapolisi, nubwo kugeza ubu polisi itaratangaza icyo ibivugaho.

    Abigaragambyaga bari bafite amabendera ya Kenya, ibyapa byamagana uwo mushinga ndetse banatwaye isanduku yari yanditseho “Ebola”, basaba ko gahunda yo kubaka icyo kigo ku birindiro bya gisirikare biri muri ako gace ihagarikwa. Mu rwego rwo gutatanya abo bigaragambyaga, polisi yakoresheje imyuka iryana mu maso.

  10. Drone yarokoye abasirikare b’Amerika hafi ya Hormuz.

    Drone yarokoye abasirikare b’Amerika hafi ya Hormuz.

    Abasirikare babiri b’Amerika bari mu kajugujugu ya gisirikare yo mu bwoko bwa AH-64 Apache yaguye hafi y’Inyanja ya Oman ku wa Mbere bakijijwe n’ubwato bw’ikoranabuhanga butagira umushoferi (drone yo mu mazi), nk’uko abayobozi b’ingabo z’Amerika babitangaje.

  11. OMS yasabye Uganda gufungura umupaka uyihuza na Congo

    OMS yasabye Uganda gufungura umupaka uyihuza na Congo

    Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS/WHO) ryasabye Uganda kongera gusuzuma icyemezo cyo gufunga umupaka uhuza iki gihugu na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), cyafashwe mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Ebola.

    Ibi byatangajwe n’Umuyobozi Mukuru wa OMS, Tedros Adhanom Ghebreyesus, ubwo yasuraga ikigo cyita ku barwayi ba Ebola giherereye ku Bitaro bya Mulago National Referral Hospital i Kampala. Yavuze ko Uganda yakoze akazi kagaragara mu kurwanya Ebola, ayishimira uburyo yihutiye gufata ingamba no guhangana n’iki cyorezo mu buryo bunoze.

  12. Kenya: Urukiko rukubise ahababaza Gachagua

    Kenya: Urukiko rukubise ahababaza Gachagua

    Urukiko rukuru rwa Kenya rwemeje ko iyeguzwa rya Rigathi Gachagua ku mwanya wa Visi Perezida ryakozwe mu buryo bwemewe n’amategeko, rutesha agaciro ibirego bye byavugaga ko yibasiwe ku mpamvu za politiki. Icyakora, urukiko rwasanze Sena yarahonyoye uburenganzira bwe ubwo yakomezaga ibikorwa byo kumweguza kandi arwaye, rutegeka ko ahabwa indishyi ya miliyoni 50 z’amashilingi ya Kenya.

    Iki cyemezo gikomeje gukoma mu nkokora inzozi za Gachagua zo kongera kwinjira mu buyobozi bw’igihugu cyangwa kwiyamamariza umwanya wa Perezida. Urukiko kandi rwemeje Kithure Kindiki nk’uwamusimbuye, mu gihe Gachagua we yatangaje ko azajuririra iki cyemezo nyuma yo gushwana bikomeye na Perezida William Ruto no gukurwa ku butegetsi ashinjwa ruswa, gukurura amacakubiri no kubangamira imikorere ya leta.

  13. Umusifuzi w’Umunya-Somalia yangiwe kwinjira muri Amerika

    Umusifuzi w’Umunya-Somalia yangiwe kwinjira muri Amerika

    Omar Abdulkadir Artan, wari kuba Umunya-Somaliya wa mbere ugiye gusifura imikino ya nyuma y’Igikombe cy’Isi, yavanywe ku rutonde rw’abasifuzi bazakora muri iri rushanwa nyuma yo kubuzwa kwinjira muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

    Artan, watowe n’Ishyirahamwe Nyafurika ry’Umupira w’Amaguru (CAF) nk’umusifuzi mwiza w’Afurika wa 2025, yahagaritswe ageze ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Miami, ahita asubizwa inyuma. Kuri ubu ari muri Turukiya.

  14. Amategeko atanu mashya mu gikombe cy’Isi

    Amategeko atanu mashya mu gikombe cy’Isi

    Igikombe cy’Isi cya 2026 gitegerejweho kuzana impinduka zikomeye mu mategeko agenga umupira w’amaguru, zizagira ingaruka ku buryo umukino ukinwa ndetse n’uko ucungwa.

    Izi mpinduka zifite intego yo kugabanya gutinza umukino, kongera ubutabera mu ifatwa ry’ibyemezo by’abasifuzi, ndetse no gukumira amayeri asubiza inyuma umuvuduko w’umukino.

    Perezida wa Komite y’Abasifuzi muri FIFA, Pierluigi Collina, yatangaje ko hari zimwe muri izi mpinduka zamaze kwemezwa, mu gihe izindi zari ziteganyijwe gushyirwa mu bikorwa muri iri rushanwa rikomeye ry’umupira w’amaguru ku isi ritangira muri iki cyumweru.

  15. Trump avuze icyahagarika amahoro

    Trump avuze icyahagarika amahoro

    Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Trump, yavuze ko ibiganiro bigamije kugera ku mahoro bikomeje gutera imbere neza, ariko yihanangiriza ko bishobora kudindizwa n’ibyo yise ubujiji no kubura ubushishozi.

    Mu butumwa yashyize ku rubuga rwe rwa Truth Social, Trump yavuze ko impande zombi, ari zo Israel na Iran, zikomeje gukora ibishoboka byose kugira ngo zigere ku masezerano yo guhagarika imirwano mu gihe cya vuba.

  16. Hamenyekanye igihe urubanza rwa Victoire Ingabire ruzasubukurwa

    Hamenyekanye igihe urubanza rwa Victoire Ingabire ruzasubukurwa

    Urubanza rwa Victoire Ingabire Umuhoza ruzasubukurwa ku wa 15 Kamena 2026 mu Rukiko Rukuru, urugereko rwa Kigali, aho akurikiranyweho icyaha cyo gukurura imvururu cyangwa guteza umutekano muke muri rubanda.

    Ingabire yatawe muri yombi muri Kamena 2025, akaba ari kuburana hamwe n’abaregwa bandi barindwi, barimo Sibomana Sylvain, Hagenimana Hamad na Rucubanganya Alexis.

    Uyu munyapolitiki wahoze ayobora DALFA Umurinzi, ishyaka ryavutse rikomotse kuri FDU-Inkingi ritaremerwa gukorera mu Rwanda, yigeze gufungurwa mu 2018 nyuma yo guhabwa imbabazi na Perezida wa Repubulika. Icyo gihe yari yarakatiwe igifungo cy’imyaka 15 azira ibyaha bifitanye isano n’ingengabitekerezo ya Jenoside ndetse no gufasha imitwe y’iterabwoba.

  17. Perezida w’Ubushinwa yasuye Koreya ya Ruguru

    Perezida w’Ubushinwa yasuye Koreya ya Ruguru

    Kim Jong Un uyobora Koreya ya Ruguru ari kumwe n’umufasha we, Ri Sol Ju, bagaragaye bakira Perezida w’Ubushinwa, Xi Jinping, ubwo yageraga muri icyo gihugu mu ruzinduko rw’akazi.

    Amashusho yasakajwe na CCTV, televiziyo ya leta y’Ubushinwa, yerekanye abo bayobozi bishimye, bakoma amashyi kandi bamwenyura mu gihe bakiraga umushyitsi wabo.

    Iyo videwo kandi yagaragaje umukeka utukura wari warambuwe ku nzira Perezida Xi yanyuzemo, mu gihe abasirikare ba Koreya ya Ruguru bari bahagaze ku mpande zombi zawo mu murongo ugororotse bamwakira mu cyubahiro gikomeye.

  18. Inama ikomeye yagombaga kubera i Kigali yasubitswe

    Inama ikomeye yagombaga kubera i Kigali yasubitswe

    Umuryango GSMA (Global System for Mobile Communications Association), ushinzwe guteza imbere urwego rw’itumanaho rishingiye ku ikoranabuhanga rya telefone zigendanwa ku rwego mpuzamahanga, watangaje ko inama ya Mobile World Congress yari iteganyijwe kwakirwa n’u Rwanda itakibaye ku matariki yari yaragenwe. Iyi nama yari kuzabera i Kigali kuva ku wa 16 kugeza ku wa 18 Kamena 2026.

    Mu itangazo GSMA yasohoye mu ntangiriro z’iki cyumweru, yavuze ko iyi nama yasubitswe, ariko ntiyatangaza impamvu y’icyo cyemezo. Uyu muryango wagaragaje ko amatariki mashya azatangazwa mu gihe kizaba gikwiye, usaba abakurikiranira hafi iyi gahunda gukomeza gutegereza andi makuru.

  19. Mogadishu mu muriro w’intambara

    Mogadishu mu muriro w’intambara

    Imirwano ikomeye yadutse ku mugoroba wo ku wa Gatatu mu murwa mukuru wa Somalia, Mogadishu, hagati y’ingabo za leta n’abarwanyi bashyigikiye abatavuga rumwe na Perezida, yakomeje no mugitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 4 Kamena 2026.

    Abatuye Mogadishu babwiye BBC ko urusaku rw’amasasu n’intwaro ziremereye rukomeje kumvikana mu bice bitandukanye by’umujyi, ibintu bikomeje guteza impungenge abaturage no guhungabanya umutekano.

  20. Hezbollah yahawe ultimatum ikomeye

    Hezbollah yahawe ultimatum ikomeye

    Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, binyuze muri Minisiteri ya yo y’Ububanyi n’Amahanga, yatangaje ko Israël na Liban bumvikanye ku gushyira mu bikorwa agahenge kagamije guhagarika imirwano hagati y’impande zombi.

    Icyakora, Amerika yavuze ko aka gahenge kazatangira kubahirizwa gusa mu gihe umutwe wa Hezbollah ushyigikiwe na Iran uzaba uhagaritse burundu ibitero ugaba kuri Israël kandi ukuzuza n’ibindi bisabwa biri muri ayo masezerano.