#WC2026: Yanyagiwe 5-1, umutoza ahita yirukanwa
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Tunisia ryasheshe amasezerano y’umutoza mukuru, Sabri Lamouchi, nyuma y’uko ikipe y’igihugu itsinzwe na Suwede ibitego 5-1 mu mukino wa yo wa mbere w’Igikombe cy’Isi cya 2026. Lamouchi wari umaze amezi atanu atoza Tunisia yasimbuwe n’Umufaransa Hervé Renard, wahoze atoza Maroc na Arabie Saoudite, uzayobora ikipe kugeza irushanwa rirangiye.
Lamouchi abaye umutoza wa mbere mu mateka y’Igikombe cy’Isi wirukanwe nyuma y’umukino umwe gusa. Mbere y’iri rushanwa, Tunisia yari imaze gutsindwa na Autriche n’Ububiligi mu mikino ya gicuti, naho Lamouchi yari yatsinze umukino umwe gusa mu mikino itanu yatoje. Tunisia iracyafite imikino ibiri isigaye mu itsinda F izahuramo n’Ubuyapani ndetse n’Ubuholandi.
Something happening? Tip us at info@kigali24.com, phone +4745805214 or click the button here. You can also upload photos.