Inama ikomeye yagombaga kubera i Kigali yasubitswe
Umuryango GSMA (Global System for Mobile Communications Association), ushinzwe guteza imbere urwego rw’itumanaho rishingiye ku ikoranabuhanga rya telefone zigendanwa ku rwego mpuzamahanga, watangaje ko inama ya Mobile World Congress yari iteganyijwe kwakirwa n’u Rwanda itakibaye ku matariki yari yaragenwe. Iyi nama yari kuzabera i Kigali kuva ku wa 16 kugeza ku wa 18 Kamena 2026.
Mu itangazo GSMA yasohoye mu ntangiriro z’iki cyumweru, yavuze ko iyi nama yasubitswe, ariko ntiyatangaza impamvu y’icyo cyemezo. Uyu muryango wagaragaje ko amatariki mashya azatangazwa mu gihe kizaba gikwiye, usaba abakurikiranira hafi iyi gahunda gukomeza gutegereza andi makuru.
Something happening? Tip us at info@kigali24.com, phone 03811, or click the button here. You can also upload photos.